MAÏ-NDOMBE: abarwanyi ba Mai Mai Mobondo bishyikirije ingabo i Kwamouth

Nsanzimana Pierre Celestin
2 Min Read

Abarwanyi 23 ba Mai Mai Mobondo bishyikirije ingabo za FARDC i Kwamouth

Ubuyobozi bwa FARDC mu gace ka Kwamouth, bwishimiye intambwe nshya yatewe n’abahoze mu mitwe y’Abarwanyi ba Mai Mai Mobondo kuri uyu wa 14 Werurwe 2026 ,agace ka Kwamouth kabarizwa mmu ntara ya Maï-Ndombe.

 

Mu muhango wabereye mu mudugudu wa Kinsele, uri ku muhanda wa Route Nationale 17 (RN17), aba bahoze ari abarwanyi bashyikirije igisirikare cya Leta imbunda  zigera kuri 16 .

 

Nk’uko byatangajwe na Kapiteni Antony Mualushayi, umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu gace ka Ngemba, izi ntwaro zirimo imbunda ya mitrailleuse yo mu bwoko bwa PKM, imbunda 10 zo mu bwoko bwa AK-47 n’imbunda 5 zo mu bwoko bwa calibre 12. Hanatanzwe kandi n’amasasu menshi ajyanye n’izo ntwaro.

 

Uyu muhango witabiriwe n’intumwa zaturutse muri Minisiteri y’Ingabo z’Igihugu, harimo n’abahagarariye minisiteri ishinzwe abahoze mu ngabo.

 

Iki gikorwa kiri mu murongo w’ubukangurambaga bwo gushyira hasi intwaro bwatangiye muri Mutarama 2026, nyuma y’aho Minisitiri wungirije ushinzwe abahoze mu ngabo, Eliezer Ntambwe Mposhi, asabiye abarwanyi ba Mobondo kureka intambara bakinjira muri gahunda yo kwamburwa intwaro no gusubizwa mu buzima busanzwe.

 

Uretse gutanga intwaro, abandi barwanyi ba Mobondo na bo bemeye kwishyikiriza ubuyobozi bwa gisirikare, ibintu byafashwe nk’intambwe nziza mu rugendo rwo kugarura amahoro muri aka gace.

 

Ubuyobozi bw’ibikorwa bya gisirikare mu gace ka  Ngemba bwatangaje ko bushimishijwe n’iki gikorwa, buvuga ko ari ikimenyetso cyiza gishobora gufasha mu kugarura ituze mu karere ka Kwamouth no mu ntara yose ya Maï-Ndombe.

Abayobozi b’ingabo bakomeje gusaba abandi barwanyi ba Mobondo bakiri mu mashyamba gukurikiza urugero rw’abo bagenzi babo, kugira ngo amahoro arambye agaruke muri aka gace.

 

Nubwo bimeze gutyo muri Congo y’iburasirazuba habarizwa imitwe 750 yitwaje intwaro yihurije mu cyo bise Walendo,iyi mitwe Loni iyishinja gufata ku ngufu abagore ,ibikorwa by’ubwicanyi ndengakamere n’ibindi byaha by’intambara.

 

Mwizerwa Ally

Rwandatribune.rw

 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *