Kenya-Rwanda: Abakuru b’inzego z’abinjira n’abasohoka bumvikanye kurwanya icuruzwa ry’abantu

Ndacyayisenga Jerome
1 Min Read

Abakuru b’ibigo bishinzwe abinjira n’abasohoka ba Kenya n’u Rwanda bumvikanye ku ngamba zo kurwanya icuruzwa ry’abantu.

ACP Lynder Nkuranga ukuriye urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Rwanda mu ruzindo muri Kenya yabonanye na mugenzi we Evelyn Cheluget ukuriye urwego nk’urwo rwa Kenya.

Mu butumwa ku mbuga nkoranyambaga ikigo cy’abinjira n’abasohoka cya Kenya, cyavuze ko Nkuranga na Cheluget mu byo baganiriye harimo “kwita ku mipaka n’umutekano”, “kubaka ubushobozi” no gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga umusaruro.

Aba bategetsi bumvikanye kandi ku kongera ubufatanye mu guhanahana amakuru.

Kenya, nk’igihugu cy’isanganzira ry’ingendo mpuzamahanga kurusha ibindi mu karere, ifatwa nk’inzira y’abacuruza abantu babajyana mu bihugu bitandukanye bya kure.

Kenya n’u Rwanda ntibisangiye umupaka ariko bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Urujya n’uruza hagati ya Kenya n’u Rwanda rwariyongereye mu myaka ya vuba mu ngendo z’indege no ku butaka kandi umubare w’Abanyarwanda baba muri Kenya wagiye wiyongera mu myaka ya vuba ishize.

Mu matora aheruka mu Rwanda, Abanyarwanda barenga 4,000 baba muri Kenya biyandikishije gutorera muri icyo gihugu ariko umubare w’abanyarwanda bahaba bikekwa ko uri hejuru cyane y’abatoye.

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *