Rev.Laurent Mbanda yatorewe kuba umukuru wa w’ihuriro ‘ryiyomoye’ ku butegetsi bwa Anglikani ku isi

ALLY
By
2 Min Read

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ‘ryiyomoye’ ku butegetsi bwa Anglikani ku isi nyuma yo kutunvikana ku bijyanye n’ubutinganyi

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry’abanglikani ritemera amwe mu amahame y’ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of Canterbury wo mu Bwongereza.

 

Reverand Laurent Mbanda yatorewe kuba umukuru wa Global Fellowship of Confessing Anglicans (Gafcon) mu ikoraniro riteraniye muri Nigeria ku wa gatatu nijoro.

 

Ibyavuye mu itora ryabo byatangajwe uyu munsi, nk’uko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC muri Nigeria ari nayo dukesha iyo nkuru .

 

Mbanda asanzwe ari umukuru w’idini Angilikani mu Rwanda,aya makuru asobanuye kurushaho gucikamo ibice kw’iri dini Angilikani – rya gatatu rinini ku isi mu madini ya gikristu.

 

Ibi bibaye kandi mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo Sarah Mullally amurikwe kumugaragaro nka Archibishop of Canterbury.

 

Salah Mullay niwe mugore wa mbere watorewe kuba umukuru wa Anglikani ku isi, imirimo yatangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama(1).

 

Archibishop of Canterbury ntacyo aravuga ku itorwa rya Mbanda, gusa ubutegetsi bwa Angilikani ku isi mbere bwanenze ishingwa n’ibikorwa bya Gafcon.

 

Aya matora yashyizeho Rev. Mbanda ni kimwe mu bikorwa bikomeye Gafcon ikoze mu nteko yayo y’uyu mwaka iteraniye i Abuja,

 

Gafcon ubwayo ivuga ko atari “umutwe wigometse, wo gucamo ibice” kandi ushimangira ko “uhagarariye ba nyamwishi mu bangilikani ku isi”.

 

Shamukiga Vedaste

Rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *