Perezida Paul Kagame yashimiye Sassou Nguesso wongeye kwegukana insinzi y’amatora ku majwi arenga 94%.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye mugenzi we wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, perezida Kagame yamwifurije ishya n’ihirwe, anashimangira ko u Rwanda rushima umubano mwiza n’ubufatanye bukomeje hagati y’ibihugu byombi.
U Rwanda na Congo-Brazzaville bisanzwe bifitanye imikoranire mu nzego zitandukanye zirimo dipolomasi, ubucuruzi n’umutekano.
Ibi bihugu byashyize umukono ku masezerano atandukanye kuva mu 2011, ndetse mu 2016 u Rwanda rufungura ambasade i Brazzaville.
Mu matora yabaye ku wa 15 Werurwe 2026, Sassou Nguesso w’imyaka 82 y’amavuko yatsinze ku majwi 94.82%, atsindira manda ya gatanu, ashyira ku ruhande abandi bakandida batandatu bari bahanganye.
Uyu muyobozi umaze imyaka myinshi ku butegetsi, yatangiye kuyobora igihugu mu 1979, yongera kugaruka ku butegetsi mu 1997 nyuma y’intambara, akomeza kuyobora kugeza n’ubu.
Rwanda Tribune.rw