Imirwano ikaze yongeye kuvugwa mu ntara za Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru kuri uyu wa Kabiri, aho impande zihanganye zishinjanya kugaba ibitero mu bice bitandukanye.
Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo za leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe iyishyigikiye zagabye ibitero mu duce twinshi two muri izi ntara zombi.
Mu ntara ya Kivu y’Epfo, Kanyuka yavuze ko mu gace ka Minembwe hagabwe ibitero byo mu kirere, byibasiye uduce atangaza ko dutuwe n’abaturage, turimo Rugezi, Kalingi, Gakenke na Bidegu.
Amakuru akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko hari abasivile bishwe n’ibitero bya drones byagabwe muri Bidegu.
Icyakora, ubuyobozi bw’aho ntiburagira icyo butangaza kuri ayo makuru nubwo bwabajijwe.
Hagati aho, muri teritwari ya Kalehe, umwe mu bayobozi ba sosiyete sivile yabwiye BBC ko imirwano yatangiye mu gitondo kare hagati y’abarwanyi ba Wazalendo n’aba M23, ikomeza no mu masaha ya saa tanu z’amanywa.
Yavuze ko imirwano yabereye ahitwa Katoke, igatuma abaturage benshi bahunga ingo zabo, bamwe berekeza i Bushugulu na Bundje, abandi bahungira i Numbi mu gace ka Buzi, mu bwami bwa Buhavu.
Mu ntara ya Kivu ya Ruguru ho, umutwe wa M23 uvuga ko hagabwe ibitero mu duce twa Kabesebese na Mutondi, muri teritwari ya Lubero.
Kugeza ubu, ingabo za FARDC ntiziragira icyo zitangaza ku birego bya M23 bivuga ko zagabye ibi bitero.
Iyi mirwano ibaye mu gihe hari hashize ibyumweru byinshi hatavugwa imirwano ibera ku mpande nyinshi icyarimwe, ibintu byongera impungenge ku mutekano w’akarere.
Ibi bibaye kandi nyuma y’uko ingabo za leta ya Congo zitangaje ko zatangiye ibikorwa byo guhiga abarwanyi ba FDLR, umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano aherutse kugerwaho i Washington.
Ku rundi ruhande, u Rwanda rukomeje gushinjwa na leta ya Congo, Umuryango w’Abibumbye n’ibihugu byo mu burengerazuba birimo Amerika, gufasha umutwe wa M23. Icyakora, Kigali yakomeje guhakana ibyo birego.
Leta ya Amerika yo ivuga ko u Rwanda rwemeye guhagarika ibikorwa bya gisirikare no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zari zafashwe ku butaka bwa Congo.
Ku bijyanye n’imirwano yo kuri uyu wa Kabiri, umutwe wa M23 watangaje ko wiyemeje gukomeza kurengera abasivile n’ibyabo.
rwandatribune.rw