Paul Kagame: “Ntimwantegeka Gukuraho Ingamba zacu zo Kwirwanaho mu Gihe Mwemera ko Félix Tshisekedi Akora uko Yishakiye”

Florentine Icyitegetse
1 Min Read

Nyuma y’amezi ane hasinywe amasezerano y’amahoro yavuzwe cyane ko ari intambwe ikomeye, intambara iracyakomeje mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro cyihariye, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko igihugu cye kidashobora kureka ingamba zacyo zo kwirwanaho mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kuba agatereranzamba.

Perezida Kagame yavuze ko adashobora kwemera igitutu cyamusaba gukuraho izo ngamba, mu gihe hari, nk’uko abivuga, kudafata inshingano ku ruhande rwa Kinshasa ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.

Yongeyeho ko u Rwanda ruzakomeza kurinda umutekano warwo, kandi ko ikibazo cy’umutekano muke mu karere kigomba gushakirwa umuti w’ukuri, aho buri ruhande rufata inshingano zarwo.

Ibi Kagame abitangaje mu gihe hagaragaye imishyikirano ya dipolomasi yo mu rwego rwo hejuru hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, harimo no guhura kwabaye ku wa 4 Ukuboza 2025 i Washington, aho abayobozi b’ibihugu byombi baganiriye ku mahoro n’ubufatanye nk’uko ikinyamakuru jeune afrique kibitangaza.

 

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *