Umucamanza Wayoboye Urubanza rwa ICC Avuga ko Ubuzima bwe Bwahungabanyijwe n’Ibihano bya Amerika

Florentine Icyitegetse
2 Min Read

Umucamanza w’Umufaransa Nicolas Guillou wayoboye akanama k’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha International Criminal Court kasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu mu 2024, yatangaje ko kuri ubu ubuzima bwe bwa buri munsi bwahungabanyijwe bikomeye nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’ibihano bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati“Nta serivisi zisanzwe nkiri kubona”.

Guillou avuga ko atagishoboye gukoresha ikarita ya banki, gutumiza ibicuruzwa kuri Amazon, gukora booking y’icumbi cyangwa kohereza amafaranga binyuze ku mbuga nka Expedia na Booking.com.

Yagize ati: “Twasubiye inyuma mu myaka 30 ishize. Ni nk’imashini y’igihe idusubiza mu Isi ya mbere y’ikoranabuhanga”.

Uyu mucamanza avuga ko uburyo bwinshi bwo kwishyurana bukoreshwa mu Bufaransa bugenzurwa cyane n’Abanyamerika, bikaba bimubuza kubona serivisi z’ibanze.

 

Yavuze ko yizera ko ashobora kuguma ku rutonde rw’ibihano mu gihe cyose cya manda ya kabiri ya Perezida wa Amerika Donald Trump.

 

Guillou yanagaragaje impungenge zikomeye ku ngaruka ibi bihano bigira ku butabera n’inzego za demokarasi, avuga ko bishobora gutera ubwoba abashinjacyaha, abacamanza n’abanyamategeko.

Yagize ati: “Niba abashinjacyaha batinya gukurikirana, niba abacamanza batinya guca imanza… nta demokarasi iba ikiriho”.

 

Icyemezo cya ICC n’intambara ya Gaza
Ku itariki ya 21 Ugushyingo 2024, International Criminal Court yasohoye impapuro zo guta muri yombi Netanyahu n’uwahoze ari Minisitiri w’ingabo Yoav Gallant, bakekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara byakorewe mu ntambara yo muri Gaza.

Iyo ntambara yatangiye mu Kwakira 2023, yahitanye abantu barenga ibihumbi 71, ikomeretsa abandi barenga 172,000, ndetse isenya hafi 90% by’ibikorwa remezo bya gisivili muri ako gace.

 

rwandatribune.rw

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *