Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) cyatangaje ko mu minsi ya vuba u Rwanda rugiye gutangira gukoresha indege zitagira abapilote (drones) mu kurwanya no gutahura abajya batwika imyanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, cyane cyane abakora ibyo bikorwa mu masaha y’ijoro.
Ibi byemejwe n’Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, wavuze ko bitarenze mu mpera za Kanama 2026, drones zizaba zatangiye gukoreshwa nk’igikoresho gishya cyo gukurikirana no gufata abafite uruhare mu gutwika imyanda itandukanye.
Yagaragaje ko iki gikorwa kizanafasha mu gutahura imyanda ishobora guteza ibyago, harimo n’ituruka mu bigo nderabuzima, ikunze gutwikwa mu ibanga bigorana kuyigenzura hakoreshejwe uburyo busanzwe.
REMA ivuga ko iri koranabuhanga rizafasha gukemura ikibazo cy’ubuke bw’abagenzuzi b’ibidukikije, aho iki kigo gifite abagenzuzi 13 gusa mu gihugu hose, bikagora kugenzura neza ibikorwa byose byangiza ibidukikije.
Uretse iki kibazo cy’imyanda, iyi gahunda iri no mu rwego rwagutse rwo gukaza igenzura ry’ihumana ry’ikirere, rikazava ku binyabiziga rikagera no ku nganda n’ibindi bikorwa by’inganda.
Mu myaka yashize, u Rwanda rwamaze kwinjiza ikoreshwa rya drones mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubuhinzi, umutekano no kugenzura ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikorwa mu buryo butemewe.
Rwandatribune.rw