Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagizwe umwe mu bazayobora Komisiyo Mpuzamahanga ya AI for Good Global Commission, yashyizweho ku bufatanye bwa Loni n’abafatanyabikorwa bayo mu rwego rwo gutanga umurongo ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) mu guteza imbere imibereho y’abaturage no kugabanya ubusumbane mu iterambere hagati y’ibihugu.
Iyi komisiyo yashyizweho n’International Telecommunication Union (ITU), ishami rya Loni rishinzwe ikoranabuhanga mu itumanaho.
Perezida Kagame azafatanya kuyiyobora na Marc Benioff, Umuyobozi Mukuru wa Salesforce, mu gihe Doreen Bogdan-Martin, Umunyamabanga Mukuru wa ITU, azaba ari Visi Perezida wa komisiyo.
Komisiyo igizwe n’abanyamuryango barenga 40, barimo abakuru b’ibihugu, abayobozi b’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga, impuguke mu bwenge buhangano ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga.
Inshingano zayo ni ugutanga inama n’ingamba zafasha ibihugu gukoresha AI mu guteza imbere ubuvuzi, uburezi, ubuhinzi, ubukungu n’izindi nzego z’ingenzi, ndetse no gushyiraho uburyo bwizewe bwo gukoresha iri koranabuhanga mu nyungu rusange.
Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yavuze ko ubwenge buhangano bukwiye kuba umusemburo w’iterambere ririmo bose, aho kuba impamvu yo kurushaho kwagura icyuho hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye.
Yasabye ko habaho ubufatanye mpuzamahanga kugira ngo inyungu z’iri koranabuhanga zigere ku baturage bose, cyane cyane abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Biteganyijwe ko iyi komisiyo izagirana inama yayo ya mbere hagati ya tariki ya 7 na 10 Nyakanga 2026 i Geneva mu Busuwisi, mu nama mpuzamahanga ya AI for Good Global Summit, izahuza abakuru b’ibihugu, abayobozi ba za guverinoma, ibigo by’ikoranabuhanga, impuguke n’abashakashatsi baturutse mu bice bitandukanye by’isi.
Iri shyirwaho rya Perezida Kagame rifatwa nk’ikimenyetso cy’icyizere u Rwanda rukomeje kugirirwa ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’udushya.
Rije kandi mu gihe igihugu gikomeje gushora imari mu guteza imbere ikoranabuhanga, by’umwihariko ubwenge buhangano, ndetse kikaba kimaze kwakira inama mpuzamahanga zitandukanye zigaruka ku ruhare rwa AI mu kwihutisha iterambere rya Afurika n’isi muri rusange.
Rwandatribune.rw