Monday, 27 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Gen Mubarakh Muganga Yahamagariye Abafana ba APR FC Kwirinda Kuvugiriza Induru Rayon Sports
Yaoundé Kanyankore Gilbert, Umunyabigwi Mu Mupira w’Amaguru Mu Rwanda no Mu Burundi, Yitabye Imana
Ituri: Guverineri wa Gisirikare Yategetse ko Ubusambo n’Itotezwa Kuri Bariyeri Bihagarara Burundu
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Perezida Kagame Yagizwe Umwe mu Bayobozi ba Komisiyo ya Loni ku Bwenge Buhangano
POLITIKEAMAKURU

Perezida Kagame Yagizwe Umwe mu Bayobozi ba Komisiyo ya Loni ku Bwenge Buhangano

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 7, 2026 8:55 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagizwe umwe mu bazayobora Komisiyo Mpuzamahanga ya AI for Good Global Commission, yashyizweho ku bufatanye bwa Loni n’abafatanyabikorwa bayo mu rwego rwo gutanga umurongo ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) mu guteza imbere imibereho y’abaturage no kugabanya ubusumbane mu iterambere hagati y’ibihugu.

Iyi komisiyo yashyizweho n’International Telecommunication Union (ITU), ishami rya Loni rishinzwe ikoranabuhanga mu itumanaho.
Perezida Kagame azafatanya kuyiyobora na Marc Benioff, Umuyobozi Mukuru wa Salesforce, mu gihe Doreen Bogdan-Martin, Umunyamabanga Mukuru wa ITU, azaba ari Visi Perezida wa komisiyo.

Komisiyo igizwe n’abanyamuryango barenga 40, barimo abakuru b’ibihugu, abayobozi b’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga, impuguke mu bwenge buhangano ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga.
Inshingano zayo ni ugutanga inama n’ingamba zafasha ibihugu gukoresha AI mu guteza imbere ubuvuzi, uburezi, ubuhinzi, ubukungu n’izindi nzego z’ingenzi, ndetse no gushyiraho uburyo bwizewe bwo gukoresha iri koranabuhanga mu nyungu rusange.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yavuze ko ubwenge buhangano bukwiye kuba umusemburo w’iterambere ririmo bose, aho kuba impamvu yo kurushaho kwagura icyuho hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye.
Yasabye ko habaho ubufatanye mpuzamahanga kugira ngo inyungu z’iri koranabuhanga zigere ku baturage bose, cyane cyane abo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Biteganyijwe ko iyi komisiyo izagirana inama yayo ya mbere hagati ya tariki ya 7 na 10 Nyakanga 2026 i Geneva mu Busuwisi, mu nama mpuzamahanga ya AI for Good Global Summit, izahuza abakuru b’ibihugu, abayobozi ba za guverinoma, ibigo by’ikoranabuhanga, impuguke n’abashakashatsi baturutse mu bice bitandukanye by’isi.

Iri shyirwaho rya Perezida Kagame rifatwa nk’ikimenyetso cy’icyizere u Rwanda rukomeje kugirirwa ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’udushya.
Rije kandi mu gihe igihugu gikomeje gushora imari mu guteza imbere ikoranabuhanga, by’umwihariko ubwenge buhangano, ndetse kikaba kimaze kwakira inama mpuzamahanga zitandukanye zigaruka ku ruhare rwa AI mu kwihutisha iterambere rya Afurika n’isi muri rusange.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Muanda: Igisimba cyo mu Nyanja Cyasize Inkuru Idasanzwe Nyuma yo Gushyingurwa
Next Article Inkongi Yahungishije Abasaga 10,000 mu Majyepfo y’u Bufaransa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Lindsey Graham Yapfuye: U Rwanda Rugaragaza Ibyo Rumwibukiraho

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Uganda:Igisilikare Cya UPDF Cyafunze NTV Uganda, Spark TV na Daily Monitor

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEUncategorized

Ubusesenguzi:Haribazwa impamvu  Perezida Ndayishimiye atatumiwe mu nama ya G7 hagatumirwa Perezida wa EAC Wiliam Ruto?

By
Mwizerwa Ally
MU MAHANGAAMAKURU

Burundi:Haravugwa Radiyo Nshya i Ngozi Ishinjwa Gukwirakwiza Amacakubiri

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?