Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko ryageneye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) inkingo 70,000 za Ervebo, mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Ebola gikomeje gukwira mu Burasirazuba no mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bw’iki gihugu.
OMS yavuze ko izo nkingo zizakoreshwa mu kurinda abakozi b’ubuzima bari ku murongo wa mbere mu guhangana n’iki cyorezo, ndetse no mu gukora ubushakashatsi bugamije kureba niba urukingo rwa Ervebo rushobora kurinda abantu ubwoko bwa Bundibugyo bwa virusi ya Ebola buri guteza iki cyorezo.
Muri izi nkingo 70,000, 20,000 zizakoreshwa mu bushakashatsi bwo ku rwego rwo hejuru, bugamije gusuzuma ubushobozi bwa Ervebo bwo kurinda abantu virusi ya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemejwe ku mugaragaro nk’ibirinda cyangwa bivura ubu bwoko bwa Ebola.
Icyakora, ubushakashatsi bwakorewe muri laboratwari bugaragaza ko Ervebo ishobora kugira uruhare mu gutanga ubwirinzi runaka.
Inkingo 50,000 zizahabwa abakozi bari ku murongo wa mbere
Izindi nkingo 50,000 zizahabwa abakozi b’ubuzima ndetse n’abandi bakozi bari ku murongo wa mbere, bafite ibyago byinshi byo kwandura Ebola mu gihe bari mu bikorwa byo guhangana n’icyorezo.
Imibare yatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko kuva iki cyorezo cyatangira, abarenga 160 mu bakozi b’ubuzima bamaze kwandura Ebola, mu gihe hafi 40 bamaze guhitanwa nayo.
Julien Harneis, umuhuzabikorwa mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Ebola, yavuze ko iki cyemezo ari icyizere gikomeye ku bakozi b’ubuzima bakomeje kugira uruhare mu guhangana n’icyorezo.
OMS iri gukorana n’Ikigo Nyafurika gishinzwe Kurwanya no Kwirinda Indwara (Africa CDC) mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda, igamije kongera ubwirinzi bw’abaturage ndetse n’abakozi b’ubuzima bari mu kaga gakomeye ko kwandura Ebola.
Rwandatribune.rw