Kipese — Abasirikare babiri (2) bo mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakatiwe n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Butembo-Lubero, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo ubwicanyi no gufata ku ngufu.
Izi manza zasomewe mu ruhame ku wa Mbere mu rubanza rwabereye i Kipese, agace gaherereye hafi kilometero 30 uvuye i Lubero-Centre, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Umusirikare yakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo kwica abantu 3
Mu rubanza rwa mbere, umusirikare wa FARDC yahamwe n’icyaha cyo kwica abantu 3 barimo umugore babanaga, umwana wabo ndetse n’undi musirikare.
Ibyo byaha byabaye ku wa 12 Kanama mu Mudugudu wa Katundu.
Nk’uko urukiko rwabigaragaje, uyu musirikare yarashe umugore babanaga amwegereye, nyuma yo kumukeka ko amuca inyuma.
Muri icyo gikorwa, umwana wabo w’umukobwa n’undi musirikare na bo barakomerekejwe bikomeye, nyuma baza gupfa bazize ibikomere.
Uyu musirikare kandi yahamwe n’icyaha cyo gukoresha nabi no gutakaza amasasu ya gisirikare.
Urukiko rwamukatiye igihano cy’urupfu, rutegeka kandi ko yishyura Ibihumbi 20.000 by’amadolari ya Amerika nk’indishyi.
Undi musirikare yakatiwe imyaka irindwi kubera gufata ku ngufu umwangavu
Mu rundi rubanza, undi musirikare wa FARDC yakatiwe imyaka irindwi y’igifungo, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwangavu w’imyaka 15.
Urukiko rwavuze ko ibyaha byabereye mu Mudugudu wa Kaviseghe, aho uyu musirikare yakundaga kujyana uwo mwana mu cyumba cye, akamusambanya inshuro nyinshi.
Izi ngabo zombi zahanwe mu rubanza rwabereye i Kipese, mu rwego rw’iburanisha ry’Urukiko rwa Gisirikare rwa Butembo-Lubero ryabereye hanze y’icyicaro cyarwo.
Ibi bihano bije mu gihe inzego z’ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje gukoresha iburanisha rikorwa mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane mu duce twibasiwe n’umutekano muke, kugira ngo ibyaha bikorerwa abaturage n’abasirikare bikurikiranwe n’amategeko.
Rwandatribune.rw