Guverinoma yose ya Guinée équatoriale yeguye ku mirimo yayo nyuma yo kunengwa ko yananiwe kugera ku ntego yari yarahawe, aho raporo igaragaza ko yari imaze gushyira mu bikorwa 10% gusa by’ibyari biteganyijwe.
Aya makuru yemejwe na Visi Perezida wa Guinée équatoriale, Teodoro Nguema Obiang Mangue, watangaje ko Minisitiri w’Intebe Manuel Osa Nsue Nsua hamwe n’abaminisitiri bose bashyikirije ubwegure bwabo.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Obiang Mangue yavuze ko icyemezo cyo kwegura cyatewe n’umusaruro muke wa Guverinoma, nubwo yari yarahawe ubushobozi buhagije burimo amafaranga, ibikoresho n’abakozi kugira ngo ishyire mu bikorwa gahunda za Leta.
Yashimangiye ko abayobozi bagomba kubazwa inshingano bahawe hashingiwe ku musaruro bagezeho, agaragaza ko kutagera no kuri kimwe cya kabiri cy’ibyari biteganyijwe byerekana ko abaturage batabonye serivisi n’iterambere bari barasezeranyijwe.
Kwegura kw’iyi Guverinoma kugaragaza uburyo ubuyobozi bwa Guinée équatoriale bukomeje gushyira igitutu ku bayobozi bakuru kugira ngo bagaragaze ibikorwa bifatika mu guteza imbere imibereho y’abaturage no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta.
rwandatribune.rw