Umusesenguzi wa politiki Patrick Mbeko yavuze ko kuba Joseph Kabila yarahisemo kuba mu gace kayobowe na AFC/M23 bidakwiye gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko yagiranye amasezerano y’ubufatanye bw’igihe kirekire n’uyu mutwe, ahubwo ko ari uguhuza inyungu z’igihe runaka n’uburyo bwo gukorana mu buryo bw’amayeri.
Mbeko yabitangaje ku wa Kane mu kiganiro cya Space Live cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera Tshiamala, aho yagarutse ku mpamvu zatumye Kabila atajya i Kinshasa ndetse anasobanura uko abona umubano we na AFC/M23.
Nk’uko Mbeko abivuga, ikibazo cyavutse mbere y’uko Kabila afata icyemezo cyo kugaruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yavuze ko bamwe mu bo bari hafi ye batawe muri yombi, abandi bagashyirwaho igitutu cya politiki cyangwa bagahigwa, ndetse ko hari n’imitungo ye yafashwe n’ubutegetsi.
Mbeko yavuze ko umuntu wese uri muri ibyo bihe atashoboraga kwemera kugaruka i Kinshasa nta bwishingizi bw’umutekano afite.
Kuri we, ubutegetsi bwa Kinshasa bwagombaga kumureka akagaruka mu buryo busanzwe, hanyuma niba hari ibyo bumushinja bukabikurikirana nyuma aho kubanza gushyira igitutu ku bamukikije no ku mutungo we, kuko ibyo byari nko kumwereka mbere y’igihe ibyo yari ategerejweho naramuka ageze i Kinshasa.
Yavuze ko muri iyo mimerere ari ibisanzwe ko uwahoze ari Perezida yahitamo kuba mu gace yumva afite umutekano kurusha ahandi.
Abajijwe niba kuba Kabila ari mu gace kayobowe na AFC/M23 bisobanura ko bafitanye ubufatanye bukomeye bwa politiki, Mbeko yasobanuye ko hari ukuntu bahuriye ku kutavuga rumwe n’ubutegetsi buriho i Kinshasa.
Yongeyeho ko uko guhuriza hamwe ibitekerezo kutareba Kabila na AFC/M23 gusa, ahubwo ko hari n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari mu murwa mukuru bafite ibitekerezo bisa n’ibyabo ku buyobozi buriho.
Icyakora yanze kubyita ubufatanye bwa politiki bw’igihe kirekire, ahubwo avuga ko ari uguhuza kw’amayeri n’inyungu z’igihe runaka.
Yashimangiye ko abantu bashobora kugira ikibazo kimwe cyangwa umwanzi umwe babona kimwe, ariko ibyo ntibihite bisobanura ko bafite umushinga umwe wa politiki cyangwa intego imwe y’igihe kirekire.
Ku birego bya Kinshasa bishinja Kabila gukorana n’inyeshyamba za AFC/M23, Mbeko yavuze ko atabyemera na gato.
Kuri we, iyo mvugo ishobora kwemerwa n’abashyigikiye ubutegetsi, ariko indorerezi mpuzamahanga zibona ibintu mu buryo butandukanye kuko zibona Kabila nk’uri mu buhungiro bwa politiki aho yumva afite umutekano, kubera ko atawubonaga mu bice bigenzurwa na Kinshasa.
Yanatanze urugero ku mushinga w’ibiganiro wari washyizwe imbere na Angola, avuga ko uwo mushinga wasabaga ko abakinnyi bose ba politiki b’Abanyekongo baganirizwa nta kurobanura.
Kuri we, hari ukudahuza mu kuba ubutegetsi bwa Kinshasa bushinja Kabila gukorana na AFC/M23 kandi na bwo bwaragiye mu biganiro n’uwo mutwe.
Mbeko yanibanze ku gutandukanya M23 y’inkomoko yayo n’ihuriro rya AFC riyobowe na Corneille Nangaa.
Yavuze ko M23 ya mbere, mu ntangiriro zayo, yibandaga cyane ku bibazo by’umutekano n’inyungu z’Abatutsi b’Abanyekongo mu Burasirazuba bwa RDC.
Ariko ngo AFC ya politiki iyobowe na Corneille Nangaa ifite intego za politiki zirimo no guhindura ubutegetsi bwa Kinshasa. Kuri Mbeko, ayo mashami yombi ntasanganywe intego zimwe cyangwa uburyo bumwe bwo kugera ku byo ashaka.
Yongeyeho ko, uko abibona, u Rwanda rwamaze kugira ijambo rikomeye mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, bityo rukaba rushobora kubona inyungu mu miterere y’ubu iri mu Burasirazuba bwa RDC.
Mu gihe ibyo biri uko, yavuze ko ishami rya politiki rya AFC rifite intego yo kuzana impinduka nini ku rwego rw’ubutegetsi bwose bwa RDC, ibintu bitandukanye n’ibibazo by’umutekano cyangwa iby’amoko byagaragaraga cyane mu ntangiriro za M23.
Mu gusoza, Patrick Mbeko yashimangiye ko AFC/M23 atari umutwe umwe uhuje ibitekerezo byose, ahubwo ko urimo amatsinda afite inyungu, imyumvire n’intego zitandukanye.
Yavuze ko gusobanukirwa ayo matandukaniro ari byo bishobora gufasha abantu gusobanukirwa neza uko amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC ahagaze muri iki gihe, aho hari ibibazo by’umutekano, inyungu za politiki, ibibazo by’amoko ndetse n’inyungu z’ibihugu byo mu karere byose bivangavanze.
Kuri we, kureba AFC/M23 nk’itsinda rimwe ridafite ibice cyangwa ibitekerezo bitandukanye bishobora gutuma abantu batabona neza ishusho nyayo y’iki kibazo gikomeje guhungabanya uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Rwandatribune.rw