Inzego z’ubuyobozi n’umutekano mu Ntara y’Amajyaruguru zakoze igikorwa cyo kwangiza litiro 26,000 z’urwagwa rw’Akarusho, nyuma y’uko ubugenzuzi bugaragaje ko uburyo rwakorwagamo n’ibyarukoreshwaga bishobora kubangamira ubuziranenge n’ubuzima bw’abarunywa.
Iki gikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 18 Kanama 2026, mu Mudugudu wa Tare, Akagari ka Nyirangarama, mu Murenge wa Bushoki, Akarere ka Rulindo. Izi nzoga zakorerwaga mu ruganda rwa Entreprise Urwibutso, ruzwi cyane nka Nyirangarama.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ngirabakunzi Ignace, yavuze ko icyemezo cyo kuzangiza cyafashwe nyuma y’igenzura ryakozwe n’inzego zibifitiye ububasha.
Yasobanuye ko abagenzuzi basanze hari ibitagendaga neza mu mikorere y’uruganda, ku buryo uburyo izo nzoga zatunganywagamo bwashoboraga kugira ingaruka ku buzima bw’abazinywa.
Mu igenzura, inzego birebwa zasuzumye niba uruganda rukorera mu murongo w’amategeko, niba rufite ibyangombwa bisabwa kandi bikiri ku gihe, ndetse n’uko ibikorwa byo gutunganya inzoga bikorwa.
Hanasuzumwe isuku ikoreshwa mu ruganda, hamwe n’ibintu byongerwa mu nzoga kugira ngo hamenyekane niba byemewe kandi bitabangamira ubuzima bw’abaguzi.
CIP Ngirabakunzi yavuze ko kwangiza izo nzoga bitagomba gufatwa nk’igihano gusa, ahubwo ko ari n’uburyo bwo guha ubuyobozi bw’uruganda umwanya wo gukosora ibibazo byagaragajwe n’ubugenzuzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yavuze ko igenzura ry’ibinyobwa bitandukanye rizakomeza, hagamijwe kurinda ubuzima bw’abaturage no gukumira ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.
Yashimangiye ko inzego z’intara zizakomeza gukurikirana inganda n’abandi bakora ibinyobwa, kugira ngo ibyo bigezwe ku isoko byubahirize ibisabwa.
Urwagwa rw’Akarusho ni rumwe mu nzoga zari ziherutse guhagarikwa ku isoko ry’u Rwanda mu rwego rwo kongera gusuzuma ubuziranenge bwazo.
Iyi ngamba ije mu gihe inzego z’u Rwanda zimaze igihe zishyira imbaraga mu kurwanya ibinyobwa bisembuye bikekwa kuba bishobora guteza ibibazo bikomeye ku buzima, cyane cyane ibinyobwa bitemewe cyangwa bikozwe hatisunzwe amabwiriza y’ubuziranenge.
Guverineri Mugabowagahunde yasabye abaturage kwirinda ibinyobwa n’ibindi biyobyabwenge bishobora kubagiraho ingaruka, ashimangira ko ibibazo by’ubuzima bishobora kuvuka ako kanya cyangwa bikagaragara nyuma y’igihe.
Rwandatribune.rw