Umuyobozi w’Umudugudu wa Ryarubasha, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, Sibomana Zachée, yeguye ku nshingano nyuma yo gufatanwa akora inzoga zitujuje ubuziranenge.
Sibomana wari usanzwe ayobora uwo mudugudu, yatawe muri yombi nyuma yo kugaragara ko mu rugo iwe yengaga inzoga izwi nka Ruyaza, akazicururiza abaturage bo mu mudugudu yari ayoboye n’abo mu nkengero zawo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rangiro, Mutesa Claude, yabwiye UKWELITIMES ko Sibomana yemeye ko iyo nzoga yayengaga iwe mu rugo, mu gihe yari umwe mu bayobozi bagombaga gufasha inzego kurwanya ibinyobwa bitemewe.
Yagize ati: “Yengaga inzoga yitwa Ruyaza, imwe muri izo Leta irimo guca zitujuje ubuziranenge.”
Nyuma yo gutabwa muri yombi ku wa 16 Kanama 2026, Sibomana yaje kwandika ibaruwa asezera ku nshingano zo kuyobora Umudugudu wa Ryarubasha.
Ku wa Kabiri tariki ya 18 Kanama 2026, yagejejwe imbere y’ubutabera, acibwa amande y’amafaranga 500,000 Frw. Icyakora, ayo mande ntabwo akuraho ibindi bihano ashobora guhabwa, kuko kugeza ubu akiri kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kanjongo.
Mutesa Claude yavuze ko nubwo Sibomana yaciwe ayo mande, dosiye ye ikiri gukurikiranwa kandi ashobora guhabwa ibindi bihano birimo no gufungwa.
Iby’uyu muyobozi bibaye mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya ibinyobwa bikorerwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa bitujuje ubuziranenge, bitewe n’ingaruka bishobora kugira ku buzima bw’ababinywa.
Mu turere dutandukanye, inzego z’ibanze n’iz’umutekano zikomeje gufata abantu bakekwaho gukora, gucuruza no gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage no guca burundu iki kibazo.
Rwandatribune.rw