Umuhanzi w’icyamamare wo muri Canada, Céline Dion, yatangaje ko akomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo ubuzima bwe bube bwiza, mu gihe yitegura kongera gutaramira abakunzi be i Paris.
Dion w’imyaka 58, yasuzumwe indwara izwi nka Stiff-Person Syndrome (SPS) mu 2022.
Ni indwara idasanzwe yibasira imikorere y’imyakura, ikaba ishobora gutera gukakama no kugagara kw’imitsi, ububabare ndetse n’ibibazo mu kugenda.
Mu kiganiro yagiranye na Harper’s Bazaar, Dion yavuze ko gahunda ye yo kwitegura kongera gukora ibitaramo ikubiyemo ubuvuzi butandukanye bugamije kongera ubushobozi bw’umubiri no kugenzura ibimenyetso by’indwara.
Muri ubwo buvuzi harimo imyitozo ngororamubiri, vocal therapy, imiti mishya ndetse na immunotherapy.
Uyu muhanzikazi kandi akora Pilates mu gihe kigera ku minota 90, inshuro eshatu mu cyumweru, ndetse yatangiye no gukora ballet mu rwego rwo kongera imbaraga no gufasha umubiri we kongera kumenyera ibikorwa bisaba guhagarara no kugenda ku rubyiniro.
Indwara yamuhagaritse ku rubyiniro
Céline Dion yatangaje ku mugaragaro ko arwaye Stiff-Person Syndrome mu Ukuboza 2022, nyuma y’igihe yari amaze guhura n’ibibazo by’ubuzima.
Yavuze ko ibimenyetso by’iyi ndwara yari amaze igihe abifite mbere y’uko abaganga bamuha isuzuma ryuzuye.
Amakuru aheruka avuga ko ibimenyetso byatangiye kugaragara imyaka myinshi mbere y’uko indwara imenyekana.
Uburwayi bwatumye Dion ahagarika igice cy’ibitaramo bye bya Courage World Tour, ndetse amara igihe kinini atongera gukora ibitaramo bisanzwe.
Stiff-Person Syndrome ni indwara idasanzwe y’imyakura ishobora gutera gukakama gukabije kw’imitsi no kugira imbogamizi mu kugenda.
Kugeza ubu nta muti umwe uzwi ukiza burundu iyi ndwara, bityo ubuvuzi bukaba ahanini bugamije kugabanya ibimenyetso no gufasha uyirwaye gukomeza gukora ibikorwa bye.
Yitegura kugaruka i Paris
Nubwo akomeje guhangana n’ingaruka z’ubu burwayi, Céline Dion yatangaje ko yitegura kongera guhagarara imbere y’abakunzi be.
Biteganyijwe ko azagaruka ku rubyiniro mu bitaramo bizabera kuri Paris La Défense Arena, guhera ku wa 12 Nzeri 2026. Ibi bitaramo bizamara ibyumweru bitanu, kandi byongerewe nyuma y’uko gahunda ya mbere yakiriwe neza n’abakunzi be.
Dion yari yaranagaragaje ko agifite ubushobozi bwo gukora umuziki ubwo yaririmbaga mu muhango wo gufungura imikino Olempike yabereye i Paris mu 2024. Uwo muhango wafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cy’uko uyu muhanzikazi yari atangiye kongera kugaruka mu bikorwa bya muzika.
Kuri Dion, imyitozo, ubuvuzi no gukurikiranwa n’abaganga ni bimwe mu bintu by’ingenzi biri kumufasha mu rugendo rwo kongera gusubira ku rubyiniro.
Uyu muhanzikazi kandi agaragaza ko kongera guhura n’abakunzi be ari kimwe mu bintu yifuza cyane, nyuma y’imyaka amaze ahanganye n’uburwayi bwatumye ahagarika ibitaramo byinshi.
Rwandatribune.rw