Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe Umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, aho akekwaho icyaha cyo gutanga sheke itazigamiye.
Nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, ifatwa rya Shema ryabaye kuri uyu wa 11 Kanama 2026.
Amakuru atangwa na RIB avuga ko kugeza ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo dosiye ye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.
Shema Fabrice yinjiye mu buyobozi bwa FERWAFA ku wa 30 Kanama 2025, nyuma yo gutorerwa kuyobora iri shyirahamwe hamwe n’abagize komite nyobozi bari biyise “Dream Team”.
Mu mezi ya mbere yari amaze ayoboye FERWAFA, yari yaragaragaje gahunda yibanda ku iterambere rya ruhago y’abagore, kuzamura impano z’abakiri bato, ndetse no guteza imbere ibikorwaremezo by’umupira w’amaguru.
Nubwo ayobora FERWAFA, yari yaratangaje ko atafata umushahara, ndetse amafaranga yari ateganyijwe kumuhembera mu gihe cy’imyaka ine, angana na 200.000$, yemeye ko azifashishwa mu bikorwa byo guteza imbere impano z’abato.
Mbere yo kujya muri FERWAFA, Shema yari azwi cyane muri AS Kigali, ikipe yayoboye imyaka itandatu.
Muri icyo gihe yafashije iyi kipe kwegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2019 n’icya 2022, ndetse na Super Cup ya 2022.
Uretse ibikorwa byo mu mupira w’amaguru, Shema Fabrice ni na Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Africa Medical Supplier, gikora ubucuruzi bw’ibikoresho byifashishwa mu rwego rw’ubuvuzi mu Rwanda.
Rwandatribune.rw