Umwe mu bayobozi ba Wazalendo, Gen. Makanaki Kasimbira John, yavuze ko amacakubiri n’ubwiyongere bukabije bw’imitwe yiyita Wazalendo ari byo byatumye iyo mitwe itakigira uruhare mu nama n’ibiganiro byategurwaga na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu.
Mu nama yabereye i Uvira, Makanaki yavuze ko mu myaka yashize Wazalendo bari abafatanyabikorwa ba Leta ku buryo bahoraga batumirwa mu nama z’umutekano ndetse banitabiriye ibiganiro bya Nairobi n’izindi nama zabereye i Kinshasa.
Yagize ati: “Nta nama ya Leta yabaga tutayitumiwemo. Twari mu biganiro bya Nairobi, nyuma tujya i Kinshasa.”
Ariko yavuze ko ibintu byaje guhinduka ubwo imitwe yiyita Wazalendo yatangiraga kwiyongera cyane. Nk’uko abivuga, kuva ku mitwe igera kuri 20 yari isanzweho, haje kuvuka indi myinshi kubera ko buri wese yashakaga kuba umuyobozi cyangwa kwitabira ibiganiro byabaga byateguwe na Leta.
Makanaki yanenze bamwe mu biyise Wazalendo, avuga ko hari abari bahunze ubutabera cyangwa bashinjwaga ibyaha binjiye muri iyo mitwe kugira ngo bikingire cyangwa babone inyungu.
Yatanze ingero zirimo abantu bashinjwaga ubwicanyi, ubujura cyangwa ibindi byaha, ariko nta bimenyetso yatanze bishyigikira ibyo birego.
Yavuze ko ayo macakubiri n’ubwiyongere bw’imitwe byatumye Leta itongera kubona Wazalendo nk’umufatanyabikorwa umwe ufite ijwi rihuriweho, bityo bakareka gutumirwa mu biganiro by’ingenzi.
Amagambo ya Makanaki aje mu gihe uburasirazuba bwa RDC bukomeje kurangwa n’intambara hagati ya M23 n’ingabo za Leta zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo mu bice bitandukanye.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw