Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Nelly Mukazayire Yashimiye Rayon Sports Nyuma yo Kugera ku Mukino wa Nyuma wa CECAFA
AMAKURUIMIKINO

Nelly Mukazayire Yashimiye Rayon Sports Nyuma yo Kugera ku Mukino wa Nyuma wa CECAFA

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 5, 2026 10:00 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Intsinzi ya Rayon Sports yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026 yahaye ibyishimo bidasanzwe Abanyarwanda batandukanye, aho bamwe mu bayobozi barimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, bashimiye iyi kipe yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa nyuma y’imyaka 28.

Gikundiro yatsinze iyi kipe yo muri Sudani y’Epfo ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026.

Mbere y’umukino no mu gihe wabaga, icyizere cyari cyose ku bakunzi b’iyi kipe ikundwa n’Abanyarwanda benshi, ariko byabaye ibindi ubwo umusifuzi w’Umunya-Tanzania, Ahmed Arajiga, yahuhaga ifirimbi agaragaza ko umukino urangiye Rayon Sports ibonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026.

I Nyamirambo, muri stade, hari ababuze uko bifata kubera ibyishimo. Bamwe bavuza induru, abandi baririmba indirimbo za Rayon Sports, mu gihe hanze ya stade humvikanaga urusaku rw’amashyi, amahoni n’indirimbo z’intsinzi z’abakunzi ba Gikundiro.

Bamwe mu bafana bari ku kibuga bamaze umwanya munini batarasohoka, bishimana n’abakinnyi ndetse n’abatoza bakoma amashyi banabashimira urugendo rwiza bagezeho.

Abandi basohotse bageze hanze babanza guhurira hamwe, baririmba, bafata amafoto n’amashusho y’urwibutso, mu gihe hari n’abigabije imihanda bataha n’amaguru babyina intsinzi.

Ibyishimo ntibyagaragariye kuri stade gusa, kuko n’abakoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye bakomeje kugaragaza uko bishimiye iyi ntsinzi y’amateka ya Rayon Sports. Ubutumwa bwinshi bwuzuyemo amagambo yo gushimira abakinnyi, abatoza n’abafana bakomeje gushyigikira iyi kipe mu bihe bitandukanye.

Abakunzi b’umupira bibukije ko Rayon Sports yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup mu 1998, ubwo yanegukanaga iri rushanwa ryabereye i Zanzibar.

Ibyo byatumye benshi bavuga ko iyi ntsinzi ishobora kuba intangiriro y’indi paji nshya mu mateka ya Gikundiro.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, ni umwe mu ba mbere bagaragaje ibyishimo byabo nyuma y’iyi ntsinzi.

Yanyujije ubutumwa ku rubuga rwa X ashimira Rayon Sports ndetse ayifuriza gukomeza urugendo rugana ku gikombe.

Yagize ati:
“Oh Rayon! Mukomeze umuvuno, intego ikomeze kuba yayindi…🏆kirasigara iwacu kuri uyu wa Gatanu .”

Ubu butumwa bwakiriwe neza cyane n’abafana ba Rayon Sports, aho benshi bavuze ko bubahaye icyizere kurushaho mbere y’umukino wa nyuma utegerejwe na benshi.

Kongera kubona ikipe nyarwanda ikina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup nyuma y’imyaka 28 ni intambwe ikomeye ku mupira w’amaguru w’u Rwanda.

Abasesenguzi bagaragaza ko iyi ntsinzi itanga icyizere cy’iterambere ry’amakipe nyarwanda mu marushanwa yo mu karere, cyane cyane ko Rayon Sports yagaragaje urwego rwiza kuva iri rushanwa ryatangira.

Mu gihe hategerejwe umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, abafana ba Gikundiro bakomeje kugira icyizere ko ikipe yabo ishobora kongera kwegukana iri rushanwa, ibintu byatuma yongera kuzana ishema rikomeye mu Rwanda no mu bakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange.

Iyi ntsinzi ya Rayon Sports ntabwo ifatwa nk’intsinzi isanzwe cyangwa itike yo kugera ku mukino wa nyuma gusa, ahubwo ifatwa nk’igaruka rikomeye ry’iyi kipe ku rwego rwa CECAFA nyuma y’imyaka myinshi itagera kuri uru rwego.

Ku bakunzi ba Gikundiro, ni ijoro rizahora ryibukwa nk’iryongeye kubasubiza icyizere cyo kongera kubona ikipe yabo yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Burusiya: Ubuyobozi Bwa Krasnodar Bwatangaje Ko Igitero Cyagabwe Cyahitanye 6 Barimo Abana 3
Next Article RDC Igiye Kurekura Imfungwa 15 Zisabwa na AFC/M23
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURU

Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi akurikiranyweho guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ese Perezida Ndayishimiye Ashobora Kuba Umuhuza Wizewe Mu Kibazo Cya RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Tshisekedi Yatangije RDC-Pass: Ese Umwirondoro wa Digitale Uzahindura Imikorere ya Leta muri RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine
IMYIDAGADUROAMAKURU

Nyambo Jesca Yasezeranye Mu Mategeko na Uwiragiye Richard Uba Muri Australia

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?