Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko buri mu myiteguro yo kurekura abantu 15 bari ku rutonde rw’abasabwe n’ihuriro AFC/M23, ariko muri bo hakaba hatarimo abigeze gukatirwa urwo gupfa.
Abo bantu bamaze gukurwa mu magereza atandukanye yo mu Mujyi wa Kinshasa, bajyanwa i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru, aho bamaze igihe kirenga ukwezi bategereje gushyikirizwa AFC/M23.
Amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar ateganya ko Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) ari yo igomba gufasha mu ihererekanyabubasha ry’imfungwa hagati ya AFC/M23 na Leta ya RDC.
Iyi gahunda yo kurekura abantu 15 ikurikiye indi yari yarumvikanyweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya RDC mu rwego rw’amasezerano ya Doha, aho impande zombi zari zaragaragaje ubushake bwo kurekura bamwe mu bafunzwe.
Nubwo icyo cyemezo cyafashwe nk’intambwe igamije kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye, ishyirwa mu bikorwa ryacyo rikomeje kugenda buhoro kubera ibibazo by’umutekano n’ubuzima, birimo n’icyorezo cya Ebola cyugarije bimwe mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru.
Rwandatribune.rw