Umukinnyi wa sinema nyarwanda Nyambo Jesca yasezeranye imbere y’amategeko na Uwiragiye Richard, nyuma y’igihe gito uyu musore amwambitse impeta amusaba kuzamubera umugore.
Uyu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Nyarugenge kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Nyakanga 2026, witabirwa n’abagize imiryango y’abasezeranye ndetse n’inshuti zabo za hafi.
Mu bitabiriye uyu munsi harimo abantu bazwi muri sinema nyarwanda no mu ruganda rw’imyidagaduro muri rusange, aho baje gushyigikira aba bombi mu ntambwe bateye yo kubaka urugo.
Nubwo ibirori byabaye mu buryo bworoshye, ku Murenge wa Nyarugenge hari hakajijwe umutekano kugira ngo hatagira amafoto cyangwa amashusho afatwa nta burenganzira bwa Nyambo.
Amakuru y’urukundo rwa Nyambo na Uwiragiye yatangiye kuvugwa cyane ku wa 23 Nyakanga 2026, ubwo hamenyekanaga ko yari yamwambitse impeta y’urukundo.
Nyambo Jesca ni umwe mu bakinnyi ba filime bafite izina rikomeye mu Rwanda.
Muri iyi minsi ari mu bakinnyi bakunzwe cyane binyuze muri filime Mwenedata, ndetse agaragara no muri Amaraso Yanjye ya Killaman hamwe n’indi mishinga itandukanye ikomeje gukurura abakunzi ba sinema nyarwanda.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Nyambo yavuze ko yari amaze hafi imyaka ibiri ari mu rukundo na Uwiragiye Richard kandi ko bari bafite gahunda yo kurushinga.
Kugeza ubu, amakuru arambuye ku bukwe bwabo ndetse n’aho bazatura nyuma yo gusezerana aracyagirwa ibanga, kuko Nyambo yifuza ko ibirori bizabera mu muhezo kandi bikitabirwa n’abo yatumiye gusa.
Rwandatribune.rw