Umwana w’umuhungu w’imyaka itatu y’amavuko yarokowe mu buryo bwihuse nyuma yo kugwa mu mugezi, aho yari agiye kurohama, abikesheje ubutabazi bwihuse bw’itsinda ry’abashinzwe kuzimya inkongi ry’i Nkawkaw muri Ghana.
Nk’uko Ikigo cy’Igihugu cya Ghana Gishinzwe Kuzimya Inkongi z’Umuriro (GNFS) cyabitangaje, aba bashinzwe ubutabazi bari mu gikorwa cyo kwegera abaturage no gutanga ubukangurambaga ku mutekano mu gace ka Nkawkaw Kwamang, ubwo babonaga uwo mwana ari gusaba ubutabazi mu mugezi uherereye hafi ya Access Pub and Restaurant.
Icyo gihe, iri tsinda ryari ririmo kuganira n’Umuyobozi Mukuru w’iyo resitora, Madamu Asantewaa. Bakimara kubona uwo mwana ari mu kaga, bahise bahagarika ibyo bari barimo, biruka aho yari ari maze bamukuramo amazi ari muzima.
Ubutabazi bwabo bwihuse bwabujije ko habaho impanuka ikomeye yari kuvamo urupfu rw’uwo mwana, ibintu byashimiwe cyane n’abari aho.
GNFS yavuze ko iki gikorwa cyerekana akamaro k’ibikorwa byo kwegera abaturage no kubigisha uburyo bwo kwirinda impanuka, ndetse ko abakozi bayo bahora biteguye gutabara no kurengera ubuzima bw’abaturage, haba mu bihe by’inkongi n’ibindi byago cyangwa no mu bikorwa bisanzwe bakorera mu baturage.
Iki kigo cyongeye gushishikariza ababyeyi n’abarezi gukomeza kwita ku bana bato, cyane cyane ahari inzuzi, ibidendezi n’andi mazi ashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Rwandatribune.rw