Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Jenerali Majoro Kasongo Mulumba Batoka Gaby, yatanze amabwiriza akakaye asaba ko hahagarikwa ibikorwa byose by’ubusambo, kwambura abaturage amafaranga no kubatoteza bikorerwa ku bariyeri zitandukanye zo muri iyo ntara.
Nk’uko byatangajwe na 7sur7.cd, ayo mabwiriza yashyizwe muri telegrame yihutirwa cyane, aho Guverineri yasabye abayobozi b’imitwe ya gisirikare bireba guhita bahagarika ibikorwa byose byo gutoteza abaturage bikorwa n’abasirikare bari mu nshingano zabo.
Yaburiye ko umusirikare cyangwa undi mukozi wa Leta uzafatwa yarenze kuri ayo mabwiriza azagezwa imbere y’ubutabera bwa gisirikare akurikiranweho kutubahiriza amabwiriza yahawe.
Guverineri Kasongo Mulumba yanategetse Umuyobozi w’Umujyi wa Bunia n’abayobozi b’uturere twose two muri Ituri kujya bagaragaza, bakandika kandi bagatanga raporo z’ibibazo byose by’ubusambo n’itotezwa bibera mu bice bayobora, kugira ngo bifashe mu iperereza no gukurikirana ababa babigizemo uruhare.
Ibi bibaye nyuma y’uko mu minsi ishize urubyiruko rwo mu gace ka Mahagi rwigaragambije rwamagana ishyirwaho ry’imbogamizi n’amabariyeri mashya yashyizweho na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda (PCR), bavuga ko yakoreshwaga mu kwaka abaturage amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abasesenguzi bavuga ko niba aya mabwiriza azashyirwa mu bikorwa uko yakabaye, ashobora kugabanya ibikorwa bimaze igihe biregwa bamwe mu basirikare n’abashinzwe umutekano, ndetse bikorohereza urujya n’uruza rw’abaturage n’ibicuruzwa mu Ntara ya Ituri.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw