Kanyankore Gilbert wamamaye ku izina rya “Yaoundé”, umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda no mu Burundi, yitabye Imana afite imyaka 72 y’amavuko.
Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 2026.
Yari amaze igihe arwaye, ndetse hashize umwaka umwe asezeye ku mwuga wo gutoza amakipe.
Yaoundé asize amateka akomeye cyane muri ruhago yo mu karere, by’umwihariko muri Vital’O FC yo mu Burundi, aho yamaze imyaka igera kuri 30 ari umukinnyi, nyuma akayibera umutoza.
Muri icyo gihe yafashije iyi kipe kwegukana ibikombe 21, ibintu byamugize umwe mu batoza bafite ibigwi muri iyo kipe.
Yavukiye mu Karere ka Huye mu 1954, ariko akiri muto umuryango we wimukira mu Burundi, ari na ho yakuriye ndetse aharangiriza amashuri yisumbuye.
Nyuma yakomereje amasomo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho yize ibijyanye no kunanura no kwita ku myiteguro y’abakinnyi mbere yo kwinjira mu mwuga wo gukina no gutoza umupira w’amaguru.
Mu 1989 ni bwo yatangiye urugendo rwo gutoza muri Vital’O FC, abanza ari umutoza wungirije mbere yo kugirwa umutoza mukuru.
Mu Rwanda, na bwo yakoze amateka atoza amakipe atandukanye arimo Rwanda B, Rayon Sports, APR FC, Kiyovu Sports, AS Kigali (Les Citadins) na Bugesera FC, ari na yo yabaye ikipe ye ya nyuma mbere yo guhagarika umwuga wo gutoza.
Rwandatribune.rw