Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasabye abafana ba APR FC kwirinda imyitwarire yo kuvugiriza induru Rayon Sports mu mukino wayo wa CECAFA Kagame Cup, avuga ko bidakwiranye n’umuco w’Abanyarwanda.
Ubu busabe buje nyuma y’uko bamwe mu bafana ba APR FC bari bateguye kujya gushyigikira KVZ yo muri Zanzibar mu mukino wayo na Rayon Sports wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Nyakanga 2026, kuri Stade Amahoro.
Icyo gitekerezo cyari cyaturutse ku buryo abafana ba Rayon Sports bari benshi bashyigikiye Gor Mahia FC yo muri Kenya, ubwo yari ihanganye na APR FC, umukino warangiye ikipe y’Ingabo z’Igihugu itsinzwe ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wo mu Itsinda A rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Mu butumwa yagejeje ku bayobozi b’amatsinda y’abafana ba APR FC, Gen Muganga yabasabye kwigisha abafana kubaha abo bahanganye no kwirinda ibikorwa bishobora kwangiza isura y’umupira w’amaguru w’u Rwanda.
Yagize ati: “Turi Abanyarwanda mbere na mbere. Numvise ko hari abateganya kujya kuvugiriza induru mukeba bavuga ko na we yabikoze ubwo twakinaga na Gor Mahia. Ibyo ntabwo bihuye n’indangagaciro za APR FC, kandi ntibigomba kuba.”
Yakomeje asaba abafana gukomeza gushyigikira ikipe yabo mu buryo bwiza, agaragaza ko ubukeba nyabwo bugaragarira mu musaruro utangirwa mu kibuga, aho kwibasira amakipe yandi imbere y’abashyitsi baturutse mu mahanga.
APR FC iri mu rugendo rwo kwiyubaka nyuma yo kugura abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27, uzanayihesha guhagararira u Rwanda muri CAF Champions League. Gusa, yatangiye CECAFA Kagame Cup nabi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia FC.
APR FC izagaruka mu kibuga ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2026, ikina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti, mu mukino uzabera kuri Stade Amahoro.
Rwandatribune.rw