Ubushyamirane bwa politiki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bukomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi rya C64 ritangaje imyigaragambyo izabera mu gihugu hose risaba Perezida Félix Tshisekedi kwegura, mu gihe abamushyigikiye bo bashinze undi mutwe ugamije guhangana na ryo.
Ihuriro C64 ryatangaje ko ku wa 8 Nyakanga 2026 rizategura imyigaragambyo rusange mu bice bitandukanye bya RDC, rikavuga ko rigamije kwamagana ibyo ryita kutubahiriza Itegeko Nshinga no gushinja Perezida Tshisekedi kugambanira inyungu z’igihugu.
Iki cyemezo gikurikiye imyigaragambyo yabaye ku wa 12 Kamena, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragambije bamagana gahunda ya referandumu bavuga ko ishobora gufungurira Perezida Tshisekedi inzira yo kongera kwiyamamariza indi manda.
Mu rwego rwo gusubiza ibikorwa bya C64, bamwe mu banyapolitiki n’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi bashinze ihuriro rishya ryiswe Coalition pour la Promotion de la République (CPR), bavuga ko rigamije kurengera Repubulika no gushyigikira gahunda za Leta.
CPR ivuga ko abaturage bafite uburenganzira bwo kwifatira ibyemezo binyuze muri referandumu kandi ikamagana ibikorwa bya C64, iyishinja gushaka guhungabanya ituze rya politiki mu gihugu.
Abazitabira imyigaragambyo ya C64 i Kinshasa biteganyijwe ko bazerekeza ku biro by’Umukuru w’Igihugu, aho bazongera gusaba Perezida Tshisekedi kwegura. Hagati aho, ihuriro CPR ryatangaje ko rizakomeza ubukangurambaga bwo gushyigikira ubuyobozi buriho.
Ibi bibaye mu gihe imyigaragambyo iheruka yasize abantu benshi bayikomerekeyemo, abo bakaba barimo umunyapolitiki ukomeye Martin Fayulu, ibintu byatumye impungenge ku mutekano n’ahazaza h’ubuzima bwa politiki muri RDC zikomeza kwiyongera.
rwandatribune.rw