
Abigaragambya barashinja Ubutegetsi gukoresha ingufu mu guhashya Abatavuga rumwe na bwo
Mu gihe impaka ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje gufata intera, bamwe mu banyapolitiki n’abaharanira demokarasi batangaje ko imyigaragambyo yabereye i Kinshasa yahitanye abantu benshi ndetse abandi bagakomereka.
Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Joseph Olenghankoy, umwe mu banyapolitiki bakomeye muri RDC wabaye Minisitiri ndetse akanayobora urwego rwa CNSA rwakurikiranaga ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya politiki yo mu 2016, yavuze ko imibare y’agateganyo igaragaza abantu 10 bapfuye, 15 baburiwe irengero ndetse 176 bakomeretse bikomeye mu myigaragambyo yo kwamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga.
Yagize ati: “Ubutegetsi buri kugana ku gitugu gikabije, ariko abaturage amaherezo ni bo bahora batsinda.”
Amasoko ya Rwandatribune ari Kinshasa avuga ko izi nfu zateje uburemere bw’umwuka mubi wa politiki muri Congo Kinshasa , aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja ubuyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi kugerageza guhindura amategeko shingiro mu buryo bushobora kugira ingaruka ku miyoborere ya demokarasi.
Kugeza ubu, leta ya RDC ntiratangaza imibare yayo ku byavuzwe n’aba banyapolitiki, mu gihe amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu akomeje gusaba ko habaho iperereza ryigenga ku byabereye muri iyo myigaragambyo.
Abasesenguzi bavuga ko niba koko hari impinduka ziteganywa mu Itegeko Nshinga, bishobora kongera ubushyamirane bwa politiki mu gihugu gisanzwe gihanganye n’ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba ndetse n’impaka zishingiye ku micungire y’umutungo kamere.
Mu gihe abaturage bamwe basaba impinduka za politiki, abandi bagaragaza impungenge ko gukoresha ingufu mu gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bishobora kurushaho gukaza umwuka mubi no guteza umutekano muke.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune