Imyigaragambyo ikomeje kwicirwamo umubare munini w’abasivili, haravugwa guceceka kw’umuryango mpuzamahanga ku bw’inyungu z’ubukungu bushingiye ku mabuye y’agaciro
Ku wa 12 Kamena 2026, umujyi wa Kinshasa wahuye n’imyigaragambyo ikomeye yahuje abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’inzego z’umutekano, mu gihe hakomeje impaka ku mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga.
Iyo myigaragambyo, yari yateguwe n’ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yamaganaga umushinga bavuga ko ushobora gufungurira Perezida Félix Tshisekedi inzira yo kwiyongera manda irenze ebyiri ziteganywa n’Itegeko Nshinga.
Amakuru atandukanye y’itangazamakuru mpuzamahanga agaragaza ko habaye imvururu, aho polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso mu kuyihosha, hari kandi amakuru avuga ko hari abantu benshi bakomerekeye, nubwo imibare nyayo y’abapfuye itaratangazwa ku mugaragaro nkuko byemezwa n’ibiro ntaramakuru AP News.
Imyigaragambyo n’impaka za politiki
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Martin Fayulu bavuga ko impinduka z’Itegeko Nshinga zishobora kuba inzira yo kongera manda y’umukuru w’igihugu, mu gihe ubutegetsi bwo buvuga ko ari ivugurura risanzwe rigamije kunoza imiyoborere.
Ku rundi ruhande, Perezida Félix Tshisekedi ntaratangaza ku mugaragaro umugambi wo kongera kwiyamamaza manda ya gatatu, ariko ibibazo bikomeje kugibwaho impaka mu gihugu no hanze yacyo.
Kuki umuryango mpuzamahanga ucecetse?
Nubwo ibyabaye byakuruye impaka, kugeza ubu nta itangazo rikomeye rirava mu miryango nka UN, AU cyangwa EU.
Abasesenguzi bavuga ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma hatabaho igikorwa gikomeye cya dipolomasi:Gutegereza amakuru yemejwe
Imiryango mpuzamahanga ikunda gutegereza raporo zizewe ku mibare y’abapfuye n’impamvu nyayo y’imvururu.
Kwirinda kwivanga mu politiki y’imbere
RDC ifatwa nk’igihugu gifite ubusugire, bityo imiryango mpuzamahanga ikirinda gufata uruhande mu mpaka za politiki zitaragera ku rwego rw’ibibazo mpuzamahanga.
Hari n’abavuga ko iki kibazo kigifatwa nk’impaka za politiki hagati ya leta n’abatavuga rumwe nayo, aho kuba ikibazo cy’uburenganzira bwa muntu cyemejwe ku rwego mpuzamahanga.
Ariko hari abasesengura bakomeye , bavuga ko ahari ibibazo nk’ibi Leta zunze ubumwe z’Amerika zagombaga guhita zitera hejuru zamagana Leta ya Kinshasa ariko kubera diru y’amabuye y’agaciro ubutegetsi bwa Kinshasa bufitanye na Washington bishoboka ko Amerika igomba kwitara nk’aho nta kibazo gihari.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite umutungo ukomeye wa Coltan, cobalt na copper, bikenerwa cyane mu ikoranabuhanga rigezweho n’ingufu z’amashanyarazi.
Amasoko menshi yemeza ko hari imikoranire hagati ya Kinshasa n’amasosiyete n’inzego z’ishoramari zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, harimo Washington na New York, mu rwego rwo gushora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Iyo mikoranire ifatwa n’abasesenguzi nk’igice cy’ipiganwa rikomeye hagati y’ibihugu bikomeye ku isi ku “critical minerals” zikoreshwa mu nganda z’ikoranabuhanga, cyane cyane bateri z’imodoka z’amashanyarazi.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw
