
Ingabo za Leta FARDC na Wazalendo barashyirwa mu majwi mu bwicanyi bukomeje guca ibintu mu mujyi wa Uvila
Sosiyete Sivile ya Congo (NSCC)ikorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo yavuze ko ihangayikishijwe n’iyongera ry’ubwicanyi, abantu baraswa ndetse n’amasasu ahora yumvikana mu mujyi wa Uvira, isaba ubuyobozi gufata ingamba zihutirwa zo kugarura umutekano.
Mu itangazo ryayo ryasohotse ku wa 2 Nyakanga 2026, NSCC yavuze ko hagati ya tariki ya 30 Kamena na 1 Nyakanga habaye ibikorwa byinshi by’urugomo byasize umuntu umwe yishwe, abandi batatu barakomereka bazize amasasu.
Ku wa 30 Kamena, umugabo uzwi nka Baba Feruzi, ufite imyaka irenga 50, yarasiwe mu gace ka Kasenga (Kiyaya), akomereka amaboko yombi. Nk’uko NSCC ibivuga, abagabye icyo gitero bari bagamije kumwambura telefone n’ibindi bintu yari afite.
Bukeye bwaho, ku wa 1 Nyakanga, umusore w’imyaka 27 uzwi ku izina rya Bururu, wakoraga akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, yararashwe ahita apfa mu gace ka Kabindula. NSCC ivuga ko bikekwa ko yishwe nyuma yo kwanga gutanga telefone ye.
Muri uwo mugoroba kandi, murumuna w’umukuru w’agace ka Kasenga na we yarashwe mu maguru n’abagizi ba nabi bataramenyekana, nawe bikaba bivugwa ko bashakaga kumwambura telefone.
Mu gace ka Kavimvira, umusore witwa Jean yakomerekejwe n’isasu mu kuguru. NSCC ivuga ko ukekwaho kumurasa ari umwe mu barwanyi ba Wazalendo, wamaze gutabwa muri yombi n’abayobozi b’uwo mutwe.
Amakuru agaragaza ko intandaro y’ubwo bushyamirane yari amakimbirane ashingiye k’ubujura n’ubusahuzi bikorwa na Wazalendo n’ingabo za Leta.
Ibyo Sosiyete Sivile isaba
NSCC yasabye Leta ya RDC kongerera Polisi y’Igihugu ikorera muri Uvira intwaro n’ibinyabiziga byifashishwa mu gutabara byihuse kugira ngo irusheho gukora amarondo, cyane cyane nijoro.
Yanahamagariye ubuyobozi bw’intara n’ubw’umujyi wa Uvira gutumiza inama yihutirwa y’umutekano kugira ngo harebwe uburyo bwo guhagarika ubwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo bikomeje guhitana abaturage.
Nubwo NSCC igaragaza ko umutekano ukomeje kuzamba muri Uvira, ubuyobozi bwa leta muri ako gace ntiburatangaza icyo buvuga kuri iri tangazo n’ibyavuzwe n’uyu muryango wa sosiyete sivile.
Twagerageje kuvugana n’Umuvugizi w’ingabo muri Kivu y’amajyepfo Lt.Reagan Mbuyu kalongi ntitwamubona kuri telephone ngendanwa kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw