
Abarwanyi ba MRDP/Twirwaneho baravugwaho guhanura indege 2 zo mu bwoko bwa kajugujugu z’igisilikare cya Leta FARDC
Haravugwa amakuru y’uko kajugujugu ebyiri z’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarasiwe ku mirongo y’urugamba mu gace ka Baraka, nyuma yo kuva i Minembwe, ahakomeje kubera imirwano ikomeye.
Aya makuru yatangajwe kuri uyu wa 30 Kamena 2026 n’umunyamakuru ukomeye muri Congo Kinshasa Steve Wembi, abinyujije ku rubuga rwa X, aho yavuze ko kajugujugu ebyiri zarashwe mu gace ka Baraka ziturutse i Minembwe.
Mu gushaka kumenya ukuri kwayo, twagerageje kuvugana na Lt Reagan Kalonji, uvugira FARDC muri Kivu y’Amajyepfo. Yatubwiye ko ari mu nama, bityo atabasha kugira icyo atangaza kuri aya makuru kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga.
Umwe mu bavugizi ba Sosiyete Sivile mu mujyi wa Uvila utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko bamenye amakuru y’ihanurwa ry’izo ndege bivugwa ko zari zitwawe n’Abadereva b’abacancuro.
Aya makuru aje mu gihe imirwano ikomeje gukaza umurego mu gace ka Minembwe, aho ihuriro ry’ingabo za FARDC, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi rihanganye n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako karere.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw