Abantu umunani barimo abakozi babiri ba sosiyete ikora indege ya Boeing, bapfiriye mu mpanuka y’indege y’intambara y’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo mu bwoko bwa B-52, yahise ihanuka nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cya gisirikare cya Edwards Air Force Base, giherereye muri leta ya California.
Iyi mpanuka yabaye ku wa Mbere ahagana saa 11:20 ku isaha yo muri ako gace, ubwo iyo ndege yari iri mu gikorwa cy’igerageza gisanzwe gikorerwa kuri icyo kibuga.
Ababonye ibyabaye bavuga ko nyuma yo guhanuka kwayo, habaye iturika rikomeye ryakurikiwe n’umwotsi mwinshi wazamutse mu kirere, ku buryo washoboraga kugaragara kure cyane y’aho impanuka yabereye.
Umuyobozi wa gisirikare kuri icyo kibuga, Koloneli James Hayes, yavuze ko ari umunsi w’akababaro gakomeye, asobanura ko igihugu cyatakaje abantu umunani bari bafite uruhare rukomeye mu bikorwa bya gisirikare n’ibya leta.
Yagize ati: “Twagize igihombo gikomeye.Twabuze abantu umunani b’Abanyamerika bari bakora imirimo itandukanye irimo abasirikare, abakozi ba leta n’abakora ibikorwa by’ubwubatsi n’ubugenzuzi ku masezerano ya leta”.
Ubuyobozi bwa Edwards Air Force Base bwatangaje ko amakuru y’ibanze yagaragazaga ko nta muntu n’umwe washoboraga kurokoka iyo mpanuka, mu gihe iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyayiteye.
rwandatribune.rw
