Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwakiriye ikirego cya Shaddy Boo aregamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza, amushinja kumusambanya ku gahato nyuma y’uko yari yasinze.
Ku wa 22 Kamena 2026, Shaddy Boo yifashishije imbuga nkoranyambaga atabaza RIB, asaba ko hakorwa iperereza kuri iki kibazo. Nyuma y’aho, yoherejwe ku kigo cya Isange One Stop Center kugira ngo akorerwe ibizamini bikenewe.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko ikirego cyakiriwe kandi ko iperereza ryatangiye.
Amakuru yatanzwe na Shaddy Boo avuga ko ibyabaye byabereye iwe mu rugo mu ijoro ryo ku wa 21 Kamena 2026, aho Yugi Umukaraza yari yagiye kumusura.
Bombi ngo basangiye inzoga, nyuma aza kwisanga yabyutse aryamye iruhande rw’uyu musore kandi yambaye ubusa.
Shaddy Boo yavuze ko atibuka neza ibyabaye nyuma yo kunywa inzoga, ariko ko yemera ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu gihe yari atagifite ubushobozi bwo kwifatira icyemezo.
Kugeza ubu, RIB iracyakora iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri ku byavuzwe muri iki kirego, mu gihe uregwa ataragira icyo atangaza kuri aya makuru.