Friday, 3 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
U Rwanda na AFC/M23 Bongeye Gufungura Umupaka wa Goma–Rubavu Nyuma y’Iminsi Myinshi Ufunzwe
James Swan Yaburiye Loni: Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Uragenda Urushaho Kuzamba
Vatican: Some Priests Excommunicated Over Rebellion Against the Pope
Vatican: Bamwe Mu Bapadiri Birukanwe Kubera Kwigomeka Kuri Papa
Drones Zigiye Guca Akajagari Ko Gutwika Imyanda Mu Rwanda
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Amerika Yafatiye Ibihano Uruganda Rutunganya Zahabu rwo mu Rwanda, Ishinja Gufasha AFC/M23
AMAKURUPOLITIKE

Amerika Yafatiye Ibihano Uruganda Rutunganya Zahabu rwo mu Rwanda, Ishinja Gufasha AFC/M23

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 26, 2026 9:41 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakajije igitutu ku Rwanda nyuma yo gufatira ibihano uruganda rutunganya zahabu rukorera mu Rwanda, ndetse n’abantu n’ibigo Washington ivuga ko bifitanye isano n’umutwe wa AFC/M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu itangazo ryasohowe n’Ibiro bishinzwe kugenzura umutungo w’amahanga muri Minisiteri y’Imari ya Amerika (OFAC), Washington yavuze ko uwo muyoboro wagize uruhare mu gutunganya no gucuruza zahabu yaturukaga mu bice bigenzurwa na AFC/M23, bikaba ngo byafashaga uwo mutwe kubona amafaranga yo gukomeza ibikorwa bya gisirikare.

Amerika yavuze ko ibi bihano bigamije guhagarika imiyoboro y’ubukungu ifasha imitwe yitwaje intwaro ikomeje guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC, ndetse no gushyigikira ibikorwa biri gukorwa bigamije kugera ku mahoro arambye muri ako karere.

Ibi bihano bikurikiye ibindi Amerika yari isanzwe yarafatiye bamwe mu bayobozi ba AFC/M23, abasirikare bakuru b’u Rwanda n’abandi Washington ishinja kugira uruhare mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo.

Kigali Yahakanye Ibyo Birego

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje guhakana yivuye inyuma ko ishyigikiye AFC/M23.
Kigali ishimangira ko ikibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC kidashobora gusobanurwa hatitawe ku ruhare rw’umutwe wa FDLR, u Rwanda rufata nk’ikibazo gikomeye ku mutekano warwo, ndetse no ku ivangura rimaze imyaka rikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

U Rwanda ruvuga kandi ko ibihano bihugu byo mu Burengerazuba bikomeje kurufatira birengagiza imizi nyakuri y’ikibazo, kandi bishobora kubangamira inzira z’ibiganiro bigamije gushaka amahoro arambye.

Ese Amerika Irimo Gushyigikira Uruhande Rumwe?

Nubwo abayobozi ba Amerika bavuga ko ibi bihano bishingiye ku makuru y’iperereza ndetse no gukurikirana inkomoko y’amabuye y’agaciro, hari abasesenguzi bibaza impamvu Washington ikomeza kwibanda cyane ku Rwanda n’abakekwaho kuba bafitanye isano na AFC/M23, mu gihe raporo zitandukanye z’Umuryango w’Abibumbye na zo zagaragaje uruhare rw’indi mitwe yitwaje intwaro, irimo FDLR, mu gukomeza ibikorwa by’urugomo no gusahura umutungo kamere wo mu burasirazuba bwa RDC.

Hari abavuga ko gukomeza gufatira ibihano uruhande rumwe bishobora gutuma hagaragara isura y’uko dipolomasi ya Amerika itabogamye, mu gihe abandi bo bavuga ko Washington ifata ibyemezo ishingiye ku bimenyetso iba ifite kuri buri kibazo.

Ku ruhande rw’u Rwanda, rukomeza gushimangira ko amahoro arambye atagerwaho binyuze mu gushyira igitutu ku ruhande rumwe gusa, ahubwo ko bisaba ko impande zose zifite uruhare muri aya makimbirane zibazwa kimwe.

Mu gihe ibiganiro by’amahoro bishyigikiwe na Amerika na Qatar bikomeje, ibi bihano bishya bishobora kongera gukurura impaka ku ruhare rwa Washington muri aka karere, hibazwa niba ikomeje kuba umuhuza utabogamye cyangwa niba politiki yayo iri kurushaho kugaragara nk’ishyira igitutu ku ruhande rumwe rw’amakimbirane.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ibihugu 10 Bifite Abagore Benshi Kurusha Abagabo ku Isi
Next Article Nyuma y’Impagarara za Iran, Igiciro cya Peteroli Cyatangiye Kumanuka: Isoko Mpuzamahanga Ryatangiye Guhumeka
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Burundi: Ese Urugendo rwa Ndayishimiye Rugiye Gukemura Ikibazo cy’Imishahara Y’Ingabo Ze Ziri Muri Congo?

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUPOLITIKE

Minisitiri Uwimana Yashimiye Abapolisikazi, Avuga ko Ari Icyitegererezo Ku Rwanda Rw’Ejo.

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Congo: Kiliziya Gatolika n’Abalayiki Bashyize Igitutu ku Ivugururwa ry’Itegeko Nshinga

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Burundi:APDR Yahisemo Uzahangana na Ndayishimiye mu Matora ya Perezida

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?