Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko umwe mu basirikare bakuru bazo yapfiriye mu mirwano yabereye mu majyepfo ya Lebanon, mu gace zivuga ko karimo abarwanyi ba Hezbollah.
Uwo musirikare ni Capt. David Hazutt, wari ufite imyaka 21. Yari ayoboye umutwe w’abasirikare (platoon commander) muri Golani Brigade, Battalion ya 12, akaba yavukaga mu mujyi wa Ashkelon, mu majyepfo ya Israel.
Nk’uko IDF ibisobanura, iyo mirwano yabaye mu rukerera rwo ku wa 28 Kamena 2026, ubwo abasirikare bayo binjiraga mu nyubako iri mu mudugudu wa Deir Siryan. Israel ivuga ko bahahuriye n’umurwanyi wa Hezbollah, bituma havuka kurasana gukomeye.
Muri iyo mirwano, Capt. Hazutt yarashwe ahita apfa, mu gihe undi musirikare yakomeretse byoroheje.
Nyuma y’ibi, IDF yatangaje ko yakomeje ibikorwa byo guhiga uwo ivuga ko ari umurwanyi wa Hezbollah, inongera kugaba ibitero ku bice byo mu majyepfo ya Lebanon ivuga ko bikorerwamo n’uwo mutwe.
Kugeza ubu, Hezbollah ntiragira icyo itangaza ku byatangajwe na Israel, bityo amakuru ajyanye n’uko iyi mirwano yagenze ntarashobora kwemezwa mu buryo bwigenga.
Iyi nkuru ije mu gihe imirwano hagati ya Israel na Hezbollah ikomeje gufata indi ntera ku mupaka wa Lebanon na Israel, ibintu bikomeje guteza impungenge z’uko umutekano wo mu karere ushobora kurushaho kuzamba.
rwandatribune.rw