Ishyaka APDR-Abanyamahoro ryatangaje ku mugaragaro ko rizatanga umukandida uzariserukira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Burundi mu 2027, aho Perezida waryo, Gabriel Banzawitonde, ari we watorewe guhangana na Perezida Evariste Ndayishimiye.
Banzawitonde yatorewe muri Kongere y’Igihugu y’iri shyaka yabaye ku wa 28 Kamena 2026 i Bujumbura, atsinda abandi bakandida bane barimo Samuel Nininahazwe, Désiré Niyonizigiye, Marie Goreth Maniraho na Elias Ndayishimiye.
Ubuyobozi bwa APDR bwatangaje ko kwinjira muri aya matora ari uburyo bwo guteza imbere politiki ishingiye ku mashyaka menshi no gutanga amahitamo ku baturage. Bwavuze kandi ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizakorwa mu bwubahane no kwirinda gusebanya hagati y’abahatana.
Nubwo APDR ivuga ko ishyigikiye ihiganwa rya demokarasi, ishyaka CNDD-FDD rikomeje kuganza urubuga rwa politiki mu Burundi kuko rifite imyanya yose mu Nteko Ishinga Amategeko, ibintu rivuga ko bishingiye ku cyizere abaturage barigirira.
Gabriel Banzawitonde yavuze ko naramuka atorewe kuyobora igihugu azashyira imbere ivugururwa ry’ubutabera, kongera umushahara w’abakozi ba Leta, gukemura ikibazo cy’ibura ry’ifumbire no kuzahura umubano w’u Burundi n’ibindi bihugu.
Yagize ati: “Abarundi bakeneye ubutabera buboneye, abakozi ba Leta bakeneye imibereho myiza, ikibazo cy’ifumbire kigomba gukemuka kandi igihugu kigomba kugira umubano mwiza n’amahanga. Ibi byose twarabiteguye kandi dufite gahunda yo kubikemura.”
Mbere y’ibi, muri Gicurasi 2026, ikinyamakuru Ikiriho cyari cyatangaje ko Banzawitonde ashobora kuzahatana na Perezida Ndayishimiye, kivuga ko bombi basanzwe bafitanye umubano mwiza n’ubwubahane, ibintu byatumye benshi bavuga ko iri rushanwa rishobora kuzaba rikurikiwe cyane.
Amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Burundi ateganyijwe ku wa 3 Gicurasi 2027.
Perezida Evariste Ndayishimiye yamaze kwemezwa na CNDD-FDD nk’umukandida waryo, mu gihe bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo Agathon Rwasa, batagifite amahirwe yo kwiyamamaza nyuma yo gutakaza ubuyobozi bw’ishyaka CNL.
rwandatribune.rw