Friday, 21 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
RDC:Abasirikare 2 Ba FARDC Bakatiwe Kubera Ubwicanyi n’Ifata ku Ngufu
RDC: Azarias Ruberwa Ashinja Martin Fayulu Amagambo y’Ivangura ku Banyamulenge, Akavuga ko Adakwiriye Kuyobora Igihugu
Musenyeri Sinayobwe Yasabye Urubyiruko Kugira Inyota yo Kumenya Imana no Kwirinda Inzoga
Meteo Rwanda Iteganya Imvura Nyinshi Mu Muhindo wa 2026
RDC: OMS Yatanze Inkingo 70,000 mu Guhangana n’Icyorezo cya Ebola
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Amerika na Iran Bateye Intambwe mu Biganiro by’Amahoro
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Amerika na Iran Bateye Intambwe mu Biganiro by’Amahoro

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 22, 2026 9:08 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Abahuza mu biganiro biri guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran batangaje ko icyiciro cya mbere cy’inama zahuje abayobozi bo ku rwego rwo hejuru cyarangiye impande zombi zigaragaza ubushake bwo kugera ku masezerano ya nyuma mu gihe cy’iminsi 60 y’agahenge.

Ibi biganiro byabereye mu Busuwisi byatangiye mu bihe byari bikomeye, aho Iran yavugaga ko inzira ya Hormuz yongeye gufungwa, mu gihe Perezida Donald Trump yatangazaga ko ashobora kongera kugaba ibitero kuri Iran.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’abahuza baturutse muri Qatar na Pakistan, havugwa ko impande zombi zumvikanye ku ngingo z’ingenzi zizashingirwaho mu gushaka umuti urambye w’amakimbirane.
Hanatangajwe ko ibiganiro bya tekiniki bizakomeza mu minsi iri imbere muri Buergenstock, mu Busuwisi.

Amerika na Iran kandi byemeranyije gushaka uburyo bwo gukomeza agahenge muri Liban no koroshya urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz, ifite uruhare runini mu bucuruzi mpuzamahanga.

Ibiganiro byatangijwe ku mugaragaro na Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, nyuma y’amasezerano y’agateganyo yasinywe ku wa 17 Kamena agamije kongera igihe cy’agahenge. Byakomeje kugeza mu rukerera rwo ku wa 22 Kamena.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yavuze ko igihugu cye cyatangiye kubona inyungu ziva muri ayo masezerano, zirimo kongera kohereza peteroli ku masoko mpuzamahanga, kurekurwa kw’umutungo wari warafatiwe ndetse no gutangira ibikorwa byo kuzahura ubukungu.

Gusa mbere y’itangira ry’ibi biganiro, Perezida Trump yari yongeye kuburira Iran ko gukomeza kugerageza gufunga inzira ya Hormuz bishobora kuyiviramo ingaruka zikomeye.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kinshasa:Tshisekedi Yakiriye Ndayishimiye mu Biganiro by’Umutekano
Next Article Abiy Ahmed Yongeye Kwegukana Intsinzi Ikomeye mu Matora ya Ethiopia
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

FDLR Yongeye Kugaragara Mu Mirwano Ya Kivu y’Amajyepfo Nyuma y’Amasezerano Yo Gushyira Intwaro Hasi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

RDC: Haracyari Urujijo ku Makuru y’Iyinjira ry’Umuzalendo Ndarumanga Muyololo Mbao Muri AFC/M23

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

FARDC Zatangaje Ko Zafashe Umuyobozi Wa Mobondo “Odon” n’Abarinzi Be Barindwi

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGA

Addis Ababa: Hatangiye Inama ya 49 y’Akanama ka AU, Afurika Isabwa Kongera Ubushobozi Bwo Guhangana n’Ibibazo By’Isi

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?