Ishyaka riri ku butegetsi muri Ethiopia, Prosperity Party, ryatsinze amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko ku bwiganze bukomeye, nyuma yo kwegukana imyanya 438 mu myanya 501 yatangarijwe ibyavuye mu matora, bingana n’arenga 90% by’imyanya yahatanirwaga.
Iyi ntsinzi iha inzira yoroshye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yo gukomeza kuyobora igihugu muri manda nshya y’indi myaka itanu. Abiy yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2018 asimbuye Hailemariam Desalegn, nyuma y’imyigaragambyo yari imaze igihe ihungabanya igihugu.
Nubwo amatora yabaye mu gihe hari ibibazo by’umutekano muke mu turere twa Oromia na Amhara, ndetse no kuba abaturage bo mu karere ka Tigray bataratoye, Komisiyo y’Amatora yatangaje ko abantu barenga miliyoni 50 biyandikishije gutora kandi ko ubwitabire bwageze kuri 94%.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje kunenga aya matora bavuga ko atabaye mu bwisanzure busesuye, mu gihe Leta ya Ethiopia yo ivuga ko yakozwe mu mucyo kandi yubahirije amategeko.
Intsinzi ya Prosperity Party ikomeje gushimangira ububasha bwa Abiy Ahmed, nubwo igihugu kigihanganye n’ibibazo by’umutekano ndetse n’amakimbirane amaze imyaka myinshi mu bice bitandukanye bya Ethiopia.
rwandatribune.rw