Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Abiy Ahmed Yongeye Kwegukana Intsinzi Ikomeye mu Matora ya Ethiopia
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Abiy Ahmed Yongeye Kwegukana Intsinzi Ikomeye mu Matora ya Ethiopia

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: June 22, 2026 9:57 am
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Ishyaka riri ku butegetsi muri Ethiopia, Prosperity Party, ryatsinze amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko ku bwiganze bukomeye, nyuma yo kwegukana imyanya 438 mu myanya 501 yatangarijwe ibyavuye mu matora, bingana n’arenga 90% by’imyanya yahatanirwaga.

Iyi ntsinzi iha inzira yoroshye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yo gukomeza kuyobora igihugu muri manda nshya y’indi myaka itanu. Abiy yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2018 asimbuye Hailemariam Desalegn, nyuma y’imyigaragambyo yari imaze igihe ihungabanya igihugu.

Nubwo amatora yabaye mu gihe hari ibibazo by’umutekano muke mu turere twa Oromia na Amhara, ndetse no kuba abaturage bo mu karere ka Tigray bataratoye, Komisiyo y’Amatora yatangaje ko abantu barenga miliyoni 50 biyandikishije gutora kandi ko ubwitabire bwageze kuri 94%.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje kunenga aya matora bavuga ko atabaye mu bwisanzure busesuye, mu gihe Leta ya Ethiopia yo ivuga ko yakozwe mu mucyo kandi yubahirije amategeko.

Intsinzi ya Prosperity Party ikomeje gushimangira ububasha bwa Abiy Ahmed, nubwo igihugu kigihanganye n’ibibazo by’umutekano ndetse n’amakimbirane amaze imyaka myinshi mu bice bitandukanye bya Ethiopia.

rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Amerika na Iran Bateye Intambwe mu Biganiro by’Amahoro
Next Article Ni nde ugenzura Minembwe uyu munsi? FARDC irivuga ibigwi  ko yahafashe, AFC/M23 ntiyemera iyo nsinzi?
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKEUMUTEKANO

Amerika Yafatiye Ibihano Perezida w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga n’Umushinjacyaha Ukurikirana Ibirego Birebana na Gaza

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURU

Umwaka Ushize Amasezerano ya Washington Asinywe, Byinshi Biracyari Inzozi

By
ICYITEGETSE Florentine
UMUTEKANOAMAKURUMU MAHANGA

Ese “Ibiganiro Mu Bindi Biganiro” ni Bimwe Mu Bituma Amahoro Atinda Kugaruka Mu Burasirazuba bwa RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURU

Gasabo Yakoresheje Bibiliya mu Gukangurira Abaturage Kwishyura Mitiweri

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?