Inteko Ishinga Amategeko n’Inama Nkenguzamateka by’u Burundi byasabye Guverinoma gushyiraho urwego rwihariye rw’ubutabera ruzakurikirana abantu bakekwaho kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abahutu mu mwaka wa 1972, bwamaze kwemezwa na Komisiyo ishinzwe Ukuri n’Ubwiyunge (CVR) nk’icyaha cya jenoside.
Izi nzego zombi zanifuje ko hashyirwaho umunsi ngarukamwaka wo kwibuka abazize ayo mahano, kugira ngo amateka yabo atazibagirana.
Ibi byagarutsweho nyuma y’aho CVR ishyikirije raporo yayo ya nyuma ku byabaye mu 1972, ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe mu myaka myinshi bwerekanye ko abasaga ibihumbi 300 b’Abahutu bishwe mu bikorwa byateguwe kandi bishyirwa mu bikorwa n’inzego za Leta z’icyo gihe.
Perezida wa CVR, Pierre Claver Ndayicariye, yavuze ko imyanzuro y’iyi raporo ishingiye ku buhamya bw’abarokotse, inyandiko z’ubutegetsi, ibinogo rusange byatabuwemo imibiri, ndetse n’ubuhamya bw’abemeye uruhare rwabo muri ayo mahano.
Raporo igaragaza ko ibikorwa byabaye mu 1972 byari bifite umugambi wo kurimbura igice kimwe cy’abaturage hashingiwe ku bwoko bwabo, bityo bikuzuza ibisabwa n’amategeko mpuzamahanga kugira ngo byitwe Jenoside.
CVR yanagaragaje ko bamwe mu bayobozi bakomeye b’icyo gihe, barimo uwari Perezida w’u Burundi, Michel Micombero, bagize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa ayo mahano.
Nubwo raporo ya CVR yemeza ko Jenoside yakorewe Abahutu mu 1972, hari amashyirahamwe amwe n’amwe atabyemera.
Ayo mashyirahamwe avuga ko hakenewe iperereza mpuzamahanga ryigenga kugira ngo ukuri kwose ku byabaye kugaragare.
Ubwicanyi bwo mu 1972 bukomeje gufatwa nk’imwe mu mpamvu zikomeye z’amacakubiri n’ibikomere bya politiki byaranze u Burundi kuva bwabona ubwigenge mu 1962.