Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zafashe Odon, umwe mu bayobozi b’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo, hamwe n’abarinzi be barindwi mu gikorwa cya gisirikare cyabereye mu gace ka Kwamouth, mu ntara ya Maï-Ndombe.
Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa FARDC mu bikorwa bya gisirikare bya Opération Ngemba, Kapiteni Antony Mualushayi, Odon yari umwe mu barwanyi ba Mobondo bakoraga bayobowe n’uwitwa Cobra, ariko nyuma aza kwitandukanya na we ashinga umutwe we witwaje intwaro wakoreraga mu gace ka Luani.
FARDC ivuga ko Odon yashinjwaga kugaba ibitero ku baturage, kubatera ubwoba no guhungabanya ibikorwa by’ubuhinzi muri Kwamouth no mu bice bihakikije.
Ingabo zivuga kandi ko yari yaranze kwitaba gahunda ya Leta yo gushyira intwaro hasi no gusubira mu buzima busanzwe.
Odon n’abarinzi be barindwi bafashwe bafungiye mu maboko y’inzego z’umutekano kugira ngo bakorweho iperereza mbere yo koherezwa i Kinshasa, aho biteganyijwe ko bazashyikirizwa ubutabera.
Iri fatwa rije mu gihe ubutegetsi bwa RDC bukomeje ibikorwa byo guhashya imitwe ya Mobondo.
Mu mezi ashize, abarwanyi benshi b’uyu mutwe bamaze gushyira intwaro hasi, banashyikiriza FARDC intwaro n’amasasu mu rwego rwa gahunda ya Leta yo gusubiza amahoro mu burengerazuba bw’Igihugu.
Mwizerwa Ally
Rwandatribune.rw