Ubushakashatsi bwatangajwe na Reuters bugaragaza ko umutwe wa AFC/M23 washyizeho gahunda yihariye yo guhangana n’icyorezo cya Ebola mu duce ugenzura mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu buryo butandukanye n’ingamba zari zateguwe na Guverinoma ya Kinshasa.
Nk’uko iryo perereza ribivuga, ubwo Ebola yagaragaraga muri ako karere, ubuyobozi bwa AFC/M23 bwakoranye n’abaganga ndetse n’amakipe yari asanzwe akurikirana ibyorezo, hashyirwa imbaraga mu gutahura abanduye, gukurikirana abo bahuye na bo no gufata ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’iyo ndwara.
Reuters ivuga ko ibikorwa byo guhangana na Ebola byabereye mu bice bitari bikigenzurwa na Guverinoma ya RDC, bituma serivisi z’ubuzima zitangwa binyuze mu nzego zashyizweho na AFC/M23, zifatanyije n’abakozi b’ubuzima bakoreraga muri ako gace.
Iryo perereza rinavuga ko inyandiko n’ubuhamya bw’abagize amakipe yitabiriye ibikorwa byo kurwanya Ebola bugaragaza ko hari ibikorwa byahawe ubufasha bufitanye isano n’u Rwanda.
Gusa Reuters ntisobanura neza uko iyo nkunga yatanzwe cyangwa urugero rwayo, mu gihe u Rwanda rukomeje guhakana ibirego byo gutera inkunga umutwe wa M23.
Abasesenguzi baganiriye na Reuters bavuga ko uburyo AFC/M23 yafatanyijemo n’inzego z’ubuzima bwatumye igaragaza ubushobozi bwo gutanga serivisi z’ibanze no gucunga abaturage bo mu bice igenzura, nubwo idafite ubuzimagatozi nk’ubw’ubutegetsi bwemewe ku rwego mpuzamahanga.
Reuters isoza ivuga ko gahunda yo kurwanya Ebola itabaye igikorwa cyo kurengera ubuzima bw’abaturage gusa, ahubwo yanabaye uburyo AFC/M23 yerekanye ko ishobora gushyiraho no gucunga serivisi rusange mu bice igenzura, mu gihe intambara yari igikomeje mu Burasirazuba bwa RDC.
rwandatribune.rw