Mu gihugu cya Mali, umutwe w’abarwanyi wiyitirira ko uharanira idini rya Islamu, Groupe de soutien à l’islam et aux musulmans (JNIM), urashinjwa kwica abasirikare ba Mali bari bamaze gufatwa mpiri.
Ibikorwa byabaye ku wa 18 Nyakanga 2026 mu gace ka Tabrichat, mu Ntara ya Gao, nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe ku modoka z’igisirikare cya Mali zari zerekeje i Gao zivuye mu gace ka Anéfis.
Iki gitero cyagabwe ku bufatanye bwa JNIM n’umutwe w’abaharanira ubwigenge bwa Azawad, FLA (Front de Libération de l’Azawad).
Nk’uko amakuru abivuga, abasirikare ba Mali bagera kuri 50 bahasize ubuzima muri icyo gitero.
Gusa, bamwe muri abo basirikare ntibapfiriye ku rugamba, ahubwo bivugwa ko bafashwe nyuma yo gushyira intwaro hasi no kwishyira mu maboko y’ababateye.
Amakuru avuga ko abo basirikare batari bagifite ubushobozi bwo kurwana bahise bicwa.
Kwica abantu bafashwe mpiri, cyane cyane abasirikare baba bamaze kureka imirwano, ni igikorwa gifatwa nk’icyaha gikomeye cy’intambara gishobora guhanwa n’amategeko mpuzamahanga.
Ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikomeje kugaragara mu majyaruguru ya Mali, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kugaba ibitero ku ngabo za Leta n’abaturage, mu gihe ubuyobozi bwa Mali bukomeje guhangana n’umutekano muke umaze imyaka myinshi uhungabanya icyo gihugu.
Rwandatribune.rw