Sunday, 26 Jul 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Umuriro Udasanzwe Ukomeje Kwibasira Ubufaransa na Espagne, Abarenga 300.000 Bamaze Kwimurwa
Ubutabera:Matayo Ngirumpatse Wakatiwe Burundu Yongeye Gusaba IRMCT Kumufungura Kubera Uburwayi n’Izabukuru
Ubushinwa Bwasabye Ko Ibihugu Bihagarika Kwigarurira Umutungo w’Ibindi Hakoreshejwe Ibihano n’Igitutu Cya Gisirikare
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > POLITIKE > Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Syria: Perezida Yatangaje ko Igihugu Cye Kiri Mu Biganiro Byo Kugirana Amasezerano y’Umutekano Na Israel

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: July 26, 2026 6:00 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Perezida wa Syria, Ahmed al-Sharaa, yatangaje ko ubutegetsi bwe buri mu biganiro bigamije kugirana amasezerano y’umutekano na Israel, avuga ko ashobora kuzaba intambwe iganisha ku mahoro arambye hagati y’ibihugu byombi.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na Al Jazeera, cyatangajwe ku wa 26 Nyakanga 2026, al-Sharaa yavuze ko ibyo biganiro birimo gukorwa ku bufatanye n’ibindi bihugu, ariko ashimangira ko bitazabangamira uburenganzira bwa Syria ku misozi ya Golan, Israel yigaruriye mu ntambara yo mu 1967.

Yagize ati, Syria irimo kwirinda ikintu cyose cyateza ubushyamirane bushya na Israel, kandi ko amasezerano y’umutekano ashobora kuba intambwe ya mbere iganisha ku gukemura amakimbirane amaze imyaka myinshi hagati y’impande zombi.

Aya magambo aje mu gihe Israel yakomeje kugaba ibitero no kwinjira mu bice byo mu majyepfo ya Syria kuva Ahmed al-Sharaa yafata ubutegetsi mu Ukuboza 2024, nyuma yo guhirikwa kwa Bashar al-Assad.

Ku kibazo cya Lebanon, Perezida al-Sharaa yavuze ko Syria idateganya koherezayo ingabo cyangwa kwivanga mu bikorwa bya gisirikare, ahubwo ko iri kuganira n’abayobozi b’icyo gihugu ku buryo cyasohoka mu bibazo by’umutekano n’ibya politiki.

Yanaburiye ko umutekano muke muri Lebanon cyangwa kwaguka kw’intambara ihuza Israel, Iran n’ibindi bihugu by’akarere byagira ingaruka zikomeye kuri Syria no ku Burasirazuba bwo Hagati muri rusange.

Mu rwego rw’imbere mu gihugu, al-Sharaa yavuze ko gukurirwaho ibihano by’ubukungu byafatiwe Syria bidahagije, ahubwo ko igihugu cye gikwiye no gukurwa ku rutonde rw’ibihugu bishinjwa gutera inkunga iterabwoba kugira ngo ubukungu bwacyo bushobore kongera kuzahuka.

Yanavuze ko ubutegetsi bwe bugikomeje gushyira mu bikorwa amasezerano bwagiranye n’ingabo za Syrian Democratic Forces (SDF), nubwo yemeye ko hari ubukererwe mu kuyashyira mu bikorwa.

Perezida wa Syria yatangaje kandi ko hashyizweho komisiyo idasanzwe izakurikirana ikibazo cy’ababuriwe irengero mu ntambara yabaye muri Syria hagati ya 2011 na 2024. Yavuze ko iyo komisiyo izakorana n’impuguke mpuzamahanga kugira ngo ukuri ku byabaye kumenyekane.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (Loni) rivuga ko nibura abantu 100,000 baburiwe irengero muri iyo ntambara, mu gihe Komisiyo y’Igihugu ya Syria ishinzwe icyo kibazo ivuga ko umubare ushobora kurenga 300,000.

Mwizerwa Ally

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article IRMCT Yanze Ubusabe Bwa Kambanda na Kamuhanda bwo Gufungurwa Mbere y’Igihe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADUROPOLITIKE

AFC/M23 Yakiriye Abakomando Bashya Barangije Imyitozo Barenga Ibihumbi 9

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Tshisekedi Yatangije RDC-Pass: Ese Umwirondoro wa Digitale Uzahindura Imikorere ya Leta muri RDC?

By
ICYITEGETSE Florentine
POLITIKEAMAKURUMU MAHANGAUMUTEKANO

Macky Sall na Bagenzi Be Batanu Biyamamarije Kuyobora Umuryango w’Abibumbye

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURU

Kigali Yinjiye Mu Ihuriro ry’Imijyi Ikomeye Yakira Inama ku Isi

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?