U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 302 batahuka bavuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho bari bamaze igihe bari mu mashyamba nyuma yo gufatwa bugwate n’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR.
Abatahutse bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu banyuze ku mipaka ibiri ihuza u Rwanda na RDC. Ku mupaka munini wa La Corniche uhuza Umujyi wa Rubavu na Goma, hakiriwe Abanyarwanda 285, mu gihe ku mupaka wa Rusizi I uhuza Akarere ka Rusizi n’Umujyi wa Bukavu hakiriwe abandi 17.
Aba baturage bakiriwe n’inzego zitandukanye z’u Rwanda, aho bahabwa ubufasha burimo kwakirwa, kwandikwa no gufashwa gusubira mu buzima busanzwe nyuma y’igihe bamaze mu bihe bitoroshye.
Bamwe mu batahuka bavuga ko bari baragiye mu Burasirazuba bwa RDC bashaka ubuzima bwiza, ariko bakaza kugwa mu maboko y’abarwanyi ba FDLR bababuza ubwisanzure ndetse bakabafata nk’ingwate.
Umubare w’abatahutse ukomeje kwiyongera
Kuva muri Mutarama 2025, umubare w’Abanyarwanda bagaruka mu gihugu uvuye muri RDC ukomeje kwiyongera.
Imibare itangazwa n’inzego z’u Rwanda igaragaza ko abamaze gutahuka bamaze kurenga 8,900.
U Rwanda rumaze igihe rusaba ko imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC, by’umwihariko FDLR, ikurwaho kuko ruyishinja kuba ibangamiye umutekano w’akarere.
Iyi mitahukire ibaye mu gihe ibikorwa by’ubutabazi no gushaka ibisubizo ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC bikomeje, aho abaturage benshi bakomeje kugerageza kuva mu bice byugarijwe n’intambara n’imitwe yitwaje intwaro.
Rwandatribune.rw