Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko amasezerano aherutse gusinywa hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa FDLR adahuye n’ibikubiye mu Masezerano ya Washington, ashimangira ko ayo masezerano mpuzamahanga yashyizweho agamije gusenya no gukuraho burundu ubushobozi bwa gisirikare bw’uwo mutwe, aho kuwushyira mu biganiro bya politiki.
Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa 29 Nyakanga 2026, asubiza ibyari byatangajwe na Guverinoma ya RDC ko amasezerano yagiranye na FDLR yubahiriza ayasinyiwe i Washington.
Guverinoma ya RDC yari yatangaje ko porotokole yasinyanye na FDLR igamije gushyira imbere ibiganiro, guhagarika imirwano, kwambura intwaro abarwanyi b’uwo mutwe, kubafasha gusubira mu buzima busanzwe no kureba uko bamwe bashobora kwinjizwa muri gahunda za politiki n’iterambere.
Icyakora, u Rwanda ruvuga ko ibyo bidahuye n’intego z’Amasezerano ya Washington, rwibutsa ko ayo masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na RDC ateganya ko FDLR isenywa burundu kandi ikamburwa ubushobozi bwose bwa gisirikare.
Amb. Nduhungirehe yavuze ko FDLR atari umwe mu bagize uruhare mu Masezerano ya Washington, ahubwo ko ari umutwe ugomba kurandurwa nk’uko ayo masezerano abiteganya.
Yavuze kandi ko kugirana amasezerano n’uwo mutwe bidashobora gufatwa nk’ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijwe i Washington, ahubwo ko bishobora kudindiza ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano RDC yemeye zo guhashya FDLR no kugarura umutekano mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Minisitiri Nduhungirehe yanavuze ko kuva Amasezerano ya Washington yasinywa, RDC yakomeje gufasha FDLR mu buryo bwa gisirikare, avuga ko hari bamwe mu bayigize binjijwe mu ngabo za Congo, ndetse ikanayiha urubuga rwa politiki binyuze mu bantu batandukanye bayishyigikira.
Yashimangiye ko ibikorwa byo kuvuga ko ayo masezerano yubahiriza ay’i Washington bidashobora guhindura ibikubiye muri ayo masezerano mpuzamahanga, asaba ko hubahirizwa ibyo impande zombi ziyemeje kugira ngo amahoro n’umutekano birambye bigaruke mu karere.
Iyi ngingo ikomeje gukurikirwa n’amahanga, mu gihe hakomeje ibiganiro n’ingamba zigamije gushakira amahoro arambye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
RWARINDA Gaston
Rwandatrubune.rw