Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yatangaje ko igihugu cye gishyigikiye ku mugaragaro kandidatire y’uwahoze ayobora iki gihugu, Macky Sall, ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (Loni).
Mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ku wa 20 Nyakanga 2026, Perezida Faye yasabye inzego za Leta, abadipolomate n’Abanyasenegali bose gufasha mu bukangurambaga bwo gushakira amajwi Macky Sall mu bihugu bigize Loni.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Macky Sall ahuye na Perezida Faye i Dakar ku wa 17 Nyakanga, bakaganira ku rugendo rwe rwo kwiyamamariza uwo mwanya. Nyuma y’uru ruzinduko, Macky Sall yanahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, mu gukomeza gushaka inkunga mpuzamahanga.
Gushyigikira Macky Sall byatunguranye kuko ishyaka Pastef, ryafashije Perezida Faye kugera ku butegetsi, ryakunze kunenga ubuyobozi bwa Macky Sall ndetse rikavuga ko yagombaga kubazwa ibyo ryise amakosa yakozwe akiri Perezida.
Abasesenguzi bavuga ko iki cyemezo gishobora kuba kiri mu rwego rwo gushyira imbere inyungu za Sénégal mu ruhando mpuzamahanga no gushaka ubufatanye bwa politiki mbere y’amatora ateganyijwe mu mwaka wa 2027.
Rwandatribune.rw