Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatanze uburenganzira bwo kohereza ingabo muri Gaza mu rwego rw’ubutumwa mpuzamahanga bugamije gufasha kugarura umutekano muri aka gace kamaze imyaka kibasiwe n’intambara hagati ya Israel na Hamas.
Iki cyemezo kiri muri gahunda yo gushyiraho ihuriro ry’ingabo zituruka mu bihugu bitandukanye rizafasha mu bikorwa byo kubungabunga amahoro no gusubiza ibintu mu buryo muri Gaza. Iyo gahunda yashyizweho n’urwego rwitwa Board of Peace, rwashinzwe ku buyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Icyifuzo cyo kohereza ingabo cyatanzwe na Minisitiri w’Ingabo wa Uganda, kikaba kibaye ikimenyetso cya mbere cyerekana ko Uganda yiteguye kugira uruhare mu butumwa mpuzamahanga bwo kubungabunga umutekano muri Gaza.
Igihugu cya Maroc na cyo cyatangaje ko cyiteguye gutanga abasirikare muri ubwo butumwa.
Nubwo cyemejwe, bamwe mu badepite batavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje impungenge ku ngaruka zishobora guterwa n’icyo cyemezo.
Depite Hassan Kirumira yavuze ko kohereza ingabo muri Gaza bishobora kugira ingaruka ku mubano wa dipolomasi wa Uganda n’ibindi bihugu byo mu karere no ku rwego mpuzamahanga.
Yagaragaje kandi ko hakwiye gusobanurwa neza uruhande Ingabo za Uganda zizaba zishyigikiye muri uwo mwuka w’intambara umaze igihe hagati ya Israel na Hamas.
Mu gusaba Inteko gushyigikira uwo mugambi, Minisitiri w’Ingabo Kiryowa Kiwanuka yavuze ko Uganda ifite ubunararibonye buhagije mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, yibutsa uruhare ingabo zayo zagize mu bihugu bitandukanye birimo Somalia.
Amakuru atangwa n’abategura ubwo butumwa avuga ko izo ngabo zishobora kugera ku basirikare 20.000, kandi ko zizaba ziyobowe n’Umunyamerika Maj. Gen. Jasper Jeffers. Uyu musirikare yavuze muri Gicurasi ko intego y’iri huriro ari ugufasha Gaza kugera ku mutekano urambye no gushyigikira ibikorwa by’iterambere.
Mu mpera za Nyakanga 2026, Israel yemeye ko hashyirwaho ingabo zituruka mu bihugu bitandukanye zizafasha mu kubungabunga umutekano muri Gaza, aho Uganda iri mu bihugu bivugwa ko bishobora gutanga abasirikare.
Intambara yo muri Gaza yakajije umurego kuva umutwe wa Hamas ugabye ibitero kuri Israel, bikica abantu barenga 1.200 ndetse abandi bagashimutwa.
Mu gusubiza ibyo bitero, Israel yagabye ibitero bikomeye muri Gaza, aho imibare itangazwa n’inzego zitandukanye igaragaza ko abaturage basaga 73.000 bamaze kuhasiga ubuzima.
Rwandatribune.rw