Thursday, 20 Aug 2026
  • My Feed
  • My Interests
  • My Saves
  • History
  • News
KINYARWANDA
ENGLISH
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Hot News
Abadepite 54 bo muri Amerika basabye Trump kurushaho gusobanura amasezerano ya RDC ku mabuye y’agaciro
Fizi: Igitero Cya Drones Cyibasiye Hotel Mwalu, Abantu 2 Barakomereka
Rulindo:Litiro 26,000 z’Urwagwa rw’Akarusho Zamenwe Nyuma y’Ubugenzuzi
RDC: Guverinoma Yashyizeho Amasomo Akoreshwa n’Ikoranabuhanga mu Duce 18 Turi mu Byago bya Ebola
Burundi: Ubucuruzi Butemewe Bw’Intwaro, Urwitwazo Rushya Rwo Rukurikirana Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi?
Font ResizerAa

RWANDA TRIBUNE

Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
RWANDA TRIBUNE > News > AMAKURU > Burundi Bwongeye Kuvuga kuri FDLR, Bizimana Ahakana ko Uyu Mutwe Wigeze Gutera u Rwanda
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Burundi Bwongeye Kuvuga kuri FDLR, Bizimana Ahakana ko Uyu Mutwe Wigeze Gutera u Rwanda

ICYITEGETSE Florentine
Last updated: August 18, 2026 12:11 pm
ICYITEGETSE Florentine
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana, yavuze ko umutwe wa FDLR umaze imyaka irenga 30 uvugwa nk’uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko ko we atemera ko wigeze ugaba igitero ku Rwanda.

Bizimana yabivugiye mu kiganiro yagiranye na YouTube channel ya MAIN SWITCH 257, asubiza ku birego bimaze igihe bivugwa ko u Burundi bufasha cyangwa bukorana na FDLR.

Uyu muyobozi yavuze ko kuva mu 1996, abarwanyi b’uyu mutwe bagiye bahura n’ibitero bitandukanye by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rimwe na rimwe zifatanyije n’u Rwanda.

Ati: “FDLR ntiyigeze itera u Rwanda. Hashize imyaka irenga 30 bayivuga, ariko nta gitero uwo mutwe wigeze ugaba mu Rwanda.”

Bizimana yanavuze ko mu gihe Gen. (Rtd) James Kabarebe yari mu buyobozi bw’Ingabo za Congo Kinshasa, atigeze abona abarwanyi ba FDLR, ndetse avuga ko mu bihe bitandukanye habayeho ibikorwa bihuriweho n’u Rwanda na RDC byo kurwanya uyu mutwe.

Bizimana ahakana ubufatanye bw’u Burundi na FDLR
Minisitiri Bizimana kandi yahakanye amakuru avuga ko u Burundi bufasha FDLR, avuga ko igihugu cye nta nyungu cyaba gifite mu gufasha uyu mutwe.

Yavuze ko ibirego by’uko u Burundi bufasha FDLR bikunze kugaruka mu gihe cy’umwuka mubi w’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko ko igihugu cye kitabona impamvu yo gukorana n’uyu mutwe.
Ati: “Twebwe FDLR ntayo dushobora gufasha, turabizi ko nta kamaro.”

Bizimana kandi yavuze ko amakuru avuga ko FDLR igifite abarwanyi mu bice bya RDC akwiye kurebwa mu buryo bwagutse, ashingiye ku bushakashatsi n’amakuru y’amaperereza mpuzamahanga.

Yavuze ko mu ntara esheshatu zavugwagamo ibikorwa bya FDLR, eshanu muri zo ziri mu bice bigenzurwa na AFC/M23.

Hari ibimenyetso bivuguruza ibyo Bizimana avuga
Nubwo Minisitiri Bizimana ahakana ko FDLR yigeze igaba ibitero ku Rwanda, amateka y’umutekano wo mu karere agaragaza ibitero byagiye bifitwamo uruhare n’imitwe ifitanye isano na FDLR.

Urugero rwatanzwe ni igitero cyo mu 2019 cyagabwe mu Karere ka Musanze n’abarwanyi ba RUD-Urunana, umutwe wiyomoye kuri FDLR. Icyo gitero cyahitanye abaturage 14, mbere y’uko bamwe mu bagabye igitero bicwa abandi bagafatwa.

Mu 2012, abarwanyi ba FDLR bambutse baturutse muri RDC bagaba igitero ku birindiro by’abarinzi b’inyamaswa mu Rwanda, aho umwe mu bari aho yishwe.

Mu 2022 na bwo, FDLR yashinjwe kuba yarafatanyije n’ingabo za RDC mu bikorwa by’imirwano byagejeje ibisasu mu gice cya Kinigi mu Karere ka Musanze, bigakomeretsa abaturage.

U Rwanda n’u Burundi ntibavuga rumwe ku ruhare rwa FDLR
Ibyo Minisitiri Bizimana yavuze bije mu gihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi ukomeje kuzamo impaka ku birebana n’umutekano wo mu burasirazuba bwa RDC.

U Rwanda rumaze igihe rushinja u Burundi gukorana n’ingabo za RDC ndetse n’imitwe irimo FDLR mu mirwano ihanganishije izo ngabo n’umutwe wa AFC/M23.

Raporo n’amakuru atandukanye byagiye bivuga ko abarwanyi ba FDLR baba mu bice bimwe by’u Burundi ndetse ko hari abashobora kuba barakoranye n’ingabo z’iki gihugu.

Hari kandi ibirego bivuga ko abayobozi ba FDLR bagiye bagirira ingendo mu Burundi, aho bagirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye ku bibazo by’umutekano wo mu karere.

Ibi birego ariko u Burundi bukomeje kubihakana, mu gihe ikibazo cya FDLR gikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye biri mu biganiro by’amahoro bigamije guhagarika intambara yo mu burasirazuba bwa RDC.

Ku ruhande rw’u Rwanda, FDLR ifatwa nk’umutwe ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi rukavuga ko kuba ugikorera muri RDC ari kimwe mu bibazo by’umutekano bikomeye ku gihugu.

Ku rundi ruhande, u Burundi buhakana ko bukoresha cyangwa bufasha FDLR, bugashimangira ko bugiye muri RDC mu rwego rwo gufasha ubutegetsi bwa Kinshasa guhangana n’umutekano muke uri mu burasirazuba bw’igihugu.

Rwandatribune.rw

Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ubufaransa: Rafale Yakurikiranye Indege y’Uburusiya mu Kirere cya Baltique
Next Article Hakainde Hichilema yongeye Gutorerwa Kuyobora Zambia Nyuma yo Gutsinda n’Amajwi 60%
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Might Also Like

AMAKURU

Umuyobozi w’Umudugudu Yeguye Nyuma yo Gufatanwa Inzoga Zitujuje Ubuziranenge

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURU

Qatar: Umunyabigwi Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani Yapfuye

By
ICYITEGETSE Florentine
MU MAHANGAAMAKURU

Kenya:Igiye Kubakira Raila Odinga Urwibutso Rudasanzwe Ruzatwara Miliyoni 30 z’Amashilingi

By
ICYITEGETSE Florentine
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

AFC/M23 Yatangaje ko Yashyizeho Urwego Rushya Rushinzwe Ubutabera n’Uburenganzira Bwa Muntu Mu Bice Igenzura

By
ICYITEGETSE Florentine
Facebook Twitter Youtube Rss Medium

About US

RWANDA TRIBUNE News: Your instant connection to breaking stories and live updates. Stay informed with our real-time coverage across politics, tech, entertainment, and more. Your reliable source for 24/7 news.

Top Categories
  • AMAKURU
  • AMATANGAZO
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UMUTEKANO
Usefull Links

© RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.

© 2026 RWANDA TRIBUNE. KENT SHIELD. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?