Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Zambia yatangaje ko Perezida Hakainde Hichilema ari we wegukanye amatora ya Perezida, nyuma yo kubona hafi 60% by’amajwi yatanzwe.
Ibyavuye mu matora byatangajwe mu rukerera rwo ku wa 18 Kanama 2026, bikaba bitumye Hichilema w’imyaka 64 yongera gukomeza kuyobora Zambia mu myaka itanu iri imbere.
Hichilema, usanzwe ayobora igihugu, yari ahanganye bikomeye na Brian Mundubile, waje ku mwanya wa kabiri n’amajwi agera kuri 38%.
Iri tsinzi ritumye Hichilema akomeza kuyobora Zambia nyuma yo kwigarurira ubutegetsi mu matora yabaye mu 2021, ubwo yatsindaga Edgar Lungu.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi baranenga imikorere ya UPND
Nubwo Komisiyo y’Amatora yatangaje Hichilema nk’uwatsinze, abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’imiryango ya sosiyete civile bakomeje kunenga uburyo amatora n’urubuga rwa politiki byagenze.
Bashinja ishyaka rya Hichilema, United Party for National Development (UPND), gukoresha ubutegetsi mu buryo bushobora kugabanya umwanya w’amashyaka atavuga rumwe naryo.
Brian Mundubile na we yari yatangaje mbere ko ari we watsinze amatora, ariko ibyo birego ntiyabishyigikije ibimenyetso bifatika byashyizwe ku mugaragaro.
Zambia ikomeje umuco wo guhererekanya ubutegetsi
Kuva mu 1991, ubwo Zambia yatangiraga gukurikiza gahunda ya politiki ishingiye ku mashyaka menshi, iki gihugu cyagiye kimenyekana mu karere kubera guhererekanya ubutegetsi binyuze mu matora.
Amatora ya 2026 yongeye gushyira Zambia mu bihugu byo muri Afurika bikomeje gukoresha amatora nk’inzira yo kugena abayobozi b’igihugu, nubwo hakomeje impaka ku bwisanzure bw’urubuga rwa politiki n’imikorere y’inzego z’amatora.
Rwandatribune.rw