Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Martin Fayulu, yasabye ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa batumirwa mu biganiro by’Abanye-Congo biteganyijwe ku butegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Fayulu, uyobora ihuriro rya Lamuka, yabigarutseho ubwo yari i Paris mu Bufaransa, avuga ko aba banyapolitiki bombi bafite amateka akomeye muri politiki ya RDC kandi ko ibibazo by’igihugu bitakemurwa hatabayeho uruhare rw’impande zitandukanye.
Yavuze ko nubwo Kabila atakiri Perezida wa RDC, kuba yarayoboye igihugu imyaka 18 bituma akomeza kugira uruhare mu biganiro byerekeye ahazaza h’igihugu.
Kabila yayoboye RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, mbere yo gusimburwa na Félix Tshisekedi.
Fayulu yavuze kandi ko niba ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza gushinja Kabila gutera inkunga AFC/M23, ari ngombwa ko na we ahabwa umwanya wo kwitabira ibiganiro akagaragaza uruhande rwe ku bibazo ashinjwa.
Ati: “Kabila yayoboye iki gihugu. Icyo yaba ari cyo ubu ntacyo kivuze, ariko arahari.
Bavuze ko ari we uha intwaro kandi agatera inkunga AFC/M23; agomba kuza akatubwira impamvu abikora n’ikibazo gihari.”
Ku ruhande rwa Corneille Nangaa, Fayulu yavuze ko na we akwiye guhabwa umwanya wo kwisobanura no kugaragaza impamvu yafashe inzira y’intambara.
Nangaa wahoze ayobora Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, CENI, ubu ayoboye ihuriro rya AFC/M23, umutwe Kinshasa ishinja guhungabanya umutekano w’igihugu no gufatanya n’u Rwanda. Nangaa na AFC/M23 bo bahakana ko ari bo ntandaro y’ibibazo byose by’umutekano biri mu burasirazuba bwa RDC.
Fayulu asanga ibibazo bya Congo bikwiye gushakirwa ibisubizo n’Abanye-Congo ubwabo, aho impande zitandukanye zagira umwanya wo kugaragaza ibitekerezo byazo ku hazaza h’igihugu.
Leta ya RDC yo yakomeje kwanga ko Joseph Kabila na Corneille Nangaa bagira uruhare mu biganiro by’Abanye-Congo, ibashinja kuba barafashe intwaro cyangwa gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.
Perezida Félix Tshisekedi aherutse gutangaza ko azageza ijambo ku baturage, akabasobanurira uko ibiganiro by’Abanye-Congo bizategurwa n’uko bizakorwa.
Ibyo biganiro bitegerejweho gufasha gushaka umuti w’ibibazo bya politiki n’umutekano bimaze igihe bihangayikishije RDC, cyane cyane ibijyanye n’imvururu n’intambara bikomeje mu burasirazuba bw’igihugu.
Rwandatribune.rw