Abantu batanu bazwi muri Kirumba, agace gaherereye mu majyepfo y’intara ya Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, bamaze icyumweru bafungiye mu maboko y’abarwanyi ba AFC/M23. Muri abo harimo n’umuforomo ukorera muri ako gace.
Nk’uko amakuru yatangajwe na ACTUALITE.CD abivuga, aba bantu batawe muri yombi bashinjwa gukorana n’umudepite w’Igihugu Muhindo Simisi Obed, uhagarariye Lubero mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ayo makuru akomeza avuga ko bashinjwa kandi gushaka guhungabanya umutekano wa Komini ya Kirumba, bifashishije inkunga y’amafaranga bivugwa ko yoherejwe n’uwo mudepite.
Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko Muhindo Simisi Obed azwi cyane muri Lubero kubera ko akunze kunenga, haba mu Nteko Ishinga Amategeko no mu ruhame, ibyo yita ibitero by’u Rwanda bikorwa binyuze muri AFC/M23.
Uwo mwanya we ngo ushobora kuba ari wo watumye aba umwe mu bantu bashyirwa mu majwi n’uyu mutwe ugenzura igice kinini cy’amajyepfo ya Lubero.
Bivugwa kandi ko imwe mu nyubako cyangwa ibikorwa by’ubucuruzi by’uwo mudepite byafunzwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23.
Abayobozi n’abaturage bafite ijambo rikomeye muri Kirumba bavuga ko ibyo birego nta bimenyetso bifatika bifite, bityo bagasaba ko abo bantu batanu bafungurwa ako kanya kandi nta yandi mananiza.
Banahamagariye imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu gukurikirana iki kibazo no kugikoraho iperereza.
Ku ruhande rwa Muhindo Simisi Obed, ACTUALITE.CD yatangaje ko yamubajije kugira ngo agire icyo avuga kuri ibi birego, ariko yanze kugira icyo abitangazaho.
Rwandatribune.rw